Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirashinja ubutegetsi bwa Kinshasa gukomeza kwibasira abaturage b’abasivili no gukomeza kudaha agaciro ubuzima bw’ikiremwamuntu.
Mu butumwa yanyujije kuri X kuri iki Cyumweru, Umuvugizi wa AFC/M23, Laurence Kanyuka yongeye gutanga abagabo ku Muryango Mpuzamahanga.
Ati: “Ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje ubudahwema gukurikiza politiki y’urugomo buhumyi rukorerwa abaturage b’abasivili, gusenya imitungo yabo mu gihe umuryango mpuzamahanga ucecetse.”
Yakomeje agira ati: “Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 24 Mutarama 2026, nyuma ya saa sita ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye igitero cy’indege zitagira abapilote muri centre ya Minzenze, bituma abaturage benshi b’inzirakarengane bapfa.”
Mu guhangana n’ibi byaha, Ihuriro AFC / M23 rivuga ko ritangaho abagabo Umuryango Mpuzamahanga ndetse n’amahanga ku gukomeza kurenga nkana ku ihagarikwa y’imirwano kwa Kinshasa no kutubahiriza ubuzima bw’abantu ndetse n’amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu.
