Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi b’umutwe wa M23 n’ingabo za leta zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo mu duce dutandukanye twa Masisi ku wa kane yatumye abantu babarirwa mu bihumbi bata ingo zabo barahunga, nk’uko sosiyete sivile ya Masisi ibivuga.
Iki cyumweru muri rusange cyaranzwe n’imirwano mu bice by’uburengerazuba n’amajyepfo ya teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu ya Ruguru hagati y’izi mpande zombi.
Ku wa kane uduce twa ‘groupement’ za Nyamaboko1 muri Masisi “twabaye isibaniro ry’imirwano iteye ubwoba” nk’uko Voltaire Batundi ukuriye sosiyete sivile ya Masisi yabibwiye BBC.
Iyo mirwano yatangiye kuva mu gitondo imara hafi umunsi wose mu bice bitandukanye, yatumye abantu babarirwa mu bihumbi bava mu ngo zabo barahunga, nk’uko Batundi abivuga.
Iyi mirwano irimo kuba mu gihe imihate ya dipolomasiya yo kugera ku masezerano y’amahoro hagati y’impande zombi irimo kugenda buhoro i Doha muri Qatar, n’i Washington muri Amerika.
Voltaire yabwiye BBC ko “Muri Masisi muri rusange hari imirwano, kandi ihora yisubiramo mu bice bikikije umuhanda wa Kitchanga-Mweso-Pinga”.
Yagize ati: “Imisozi yose yo muri ako gace ni imirwano gusa gusa, abantu bakomeje guhunga bajya mu bice bitandukanye.
“Naho mu bice nka Antete, Burora, Busoro, Kasopo, Kazinga aho hose abantu barimo guhunga berekeza Masisi-centre, Nyabiondo, Kashebere n’ahandi.”
Bimwe mu binyamakuru muri Congo bivuga ko ku wa kane umutwe wa M23 wafashe agace ka Kazinga muri Masisi, gusa aya makuru ntaremezwa n’uruhande urwo ari rwo rwose muri izi zirwana.
Batundi avuga ko kuva uyu mwaka watangira abantu muri ibi bice baticara hamwe ngo bahinge, bashake imibereho, ahubwo “ni uguhora bahunga bongera bagaruka”, ati: “biteye ubwoba”
Yongeraho ngo: “Turasaba leta gukora ibiganiro hakaboneka amahoro abantu bagasubira mu byabo”.