Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Ukuboza 2025, imirwano yakomeje gusakiranya ingabo zo mu mutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ni imirwano igeze ku munsi wayo wa gatanu yikurikiranya, nyuma y’iminsi ine y’indi ikomeye yasakiranyije AFC/M23 n’ihuriro ririmo FARDC, Ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR.
Kuri ubu amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo aremeza ko AFC/M23 yamaze kwigarurira Rurambo, agace gaherereye mu gice cy’imisozi miremire ya Uvira. Ni nyuma yo kuhirukana ingabo za Leta mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu.
Epfo mu kibaya amakuru avuga ko imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamonyi ugana Lubarika, mu burengerazuba bw’agace ka Katogota. Ni imirwano yatangiye mu ma saa kumi n’imwe z’igitondo nk’uko amakuru abyemeza.
Mu bice bya Kamanyola kugeza, amakuru avuga ko kuva mu masaha y’igitondo hari kumvikana urusaku rw’imbunda, ari na ko hacicikana ibisasu hagati ya kariya gace n’aka Luvungi.
Kugeza ubu Kamanyola, Katogota na Lubarika haragenzurwa na AFC/M23, mu gihe gihe Luvungi igenzurwa na FARDC, Ingabo z’u Burundi na Wazalendo.
U Burundi bwohereje abasirikare benshi ku mupaka!
Andi makuru avuga ko u Burundi bwamaze kohereza abasirikare benshi n’ibikoresho bya gisirikare hafi y’imipaka ihuza iki gihugu n’u Rwanda ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ni nyuma y’uko ejo ku wa Gatanu ibisasu bibiri byarasiwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byaguye ahitwa mu Rugombo mu yahoze ari intara ya Cibitoke, bikica umwana w’imyaka itatu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Édouard, yahise yikoma umutwe wa AFC/M23 n’u Rwanda, ateguza ko u Burundi bugomba gufata “ingamba zose zikwiye” mu kurinda abaturage babwo.
Amashusho hakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yerekana imodoka za burende z’Igisirikare na Polisi y’u Burundi zerekeza ku mupaka, ibisobanura ko imirwano ikomeye ishobora gukomeza.