Mu Karere ka Kamonyi, ahazwi nko ku Ruyenzi, habereye impanuka ikomeye y’ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yagonganye n’izindi modoka eshanu, ihitana abantu babiri ndetse 11 barakomereka, barimo babiri bakomeretse cyane.

 

Iyi mpanuka yabaye ku wa 15 Ukwakira 2025 ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, mu Murenge wa Runda, hafi ya santere ya Ruyenzi. Uvugira Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yavuze ko iyo kamyo yari ipakiye umucanga kandi yamanukaga iva i Gihara ijya ku Ruyenzi, maze ikabura feri igonga izindi modoka eshanu n’abantu bari hafi aho.

 

 

CIP Kamanzi yasobanuye ko bikekwa ko impanuka yatewe no kubura feri, kandi umushoferi wayo yatawe muri yombi afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda mu gihe iperereza rigikomeje.

 

Abakomeretse cyane boherejwe ku Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), abandi bajyanwa ku Bitaro bya La Frontière, UB Caritas, ndetse no ku Kigo Nderabuzima cya Gihara kugira ngo bitabweho.

 

 

CIP Kamanzi yihanganishije imiryango yabuze ababo mu izina rya Polisi y’u Rwanda, anifuriza abakomeretse gukira vuba.

 

 

Nyuma y’impanuka, abantu benshi bari bacitse ururondogoro aho byabereye, ariko Polisi yahise ihagera kugira ngo itange ubufasha no kugenzura ahabereye impanuka.