Kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Ugushyingo, abategetsi ba Turkiya bemeje ko indege y’imizigo ya gisirikare yaguye hafi y’umupaka wa Georgia na Azerbaijan.
Minisiteri y’Ingabo mu itangazo ryayo yagize iti: “Indege yacu ya gisirikare ya C-130, yahagurutse muri Azerbaijan isubira mu rugo, yaguye ku mupaka wa Georgia na Azerbaijan”, yongeraho ko mu ndege harimo “abantu 20, barimo n’abakozi b’indege.”
Serivisi ishinzwe kugenzura ikirere cya Georgia yavuze ko indege yazimiye muri radar nyuma gato yo kwinjira mu kirere cyayo nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga.

Perezida Recep Tayyip Erdogan yahagaritse ijambo yavugiraga i Ankara mu rwego rwo guha icyubahiro “abamaritiri bacu.”
Ati: “Imana nibishaka, tuzatsinda iyi mpanuka n’ingorane nkeya. Imana iruhure roho z’abahowe Imana bacu, kandi tubane nabo binyuze mu masengesho yacu”.
Mu nyandiko yanditse kuri X, Perezida wa Azerbaijan, Ilham Aliyev, yohereje bwo kwihanganisha Erdogan.