Minisiteri y’Ingabo ya Koweit, yatangaje ko indege nyinshi z’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahanutse mu gitondo cyo kuri uyu wa 2 Werurwe 2026, abari bazirimo bararokoka.

 

 

Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Col Said Al-Atwan, yasobanuye ko izi ndege zikimara guhanuka, ubuyobozi bwatangije ako kanya ibikorwa by’ubutabazi, bukura abari muri izi ndege aho zaguye, bubajyana ku bitaro, bigaragara ko nta kibazo gikomeye bafite.

 

Leta ya Koweit igaragaza ko icyateye izi mpanuka kitaramenyekana ariko ko yo na Amerika byatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyaziteye kandi ko amakuru nyakuri agomba gutangwa n’inzego zibifitiye ububasha.

 

Koweit ni kimwe mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati biri kuraswaho na Iran, aho isobanura ko birimo ibirindiro by’ingabo za Amerika; igihugu kiri kuyigabaho ibitero cyifatanyije na Israel kuva tariki ya 28 Gashyantare 2026.

 

Aya makuru yemejwe nyuma y’aho CNN itangaje amashusho y’indege y’intambara ya Amerika yagaragaye ihira mu kirere cyo muri Koweit, umupilote wari uyirimo amanukira mu mitaka mbere y’uko yitura hasi.

 

Ntacyo Amerika iratangaza ku makuru yatangajwe na Minisiteri y’Ingabo ya Kuwait.