banner

Ingabire Immacule arasabira wa musore washishikarije abantu gusambanya abana guhabwa igihano gikakaye abwira urukiko ijambo rikomeye

Ingabire Immacule umuyobozi wa Transparent international Rwanda arasaba ubutabera ko bwazahana cyane bikomeye Evariste Tuyisenge usanzwe uzwi ku izina rya Ntama w’imana 2 kuri twiiter mu gihe yazaba ahamwe n’ibyaha akurikiranweho.    Umusore ukunzwe cyane kuri twiter yatawe muri yombi akurikiranweho gushishikariza abantu gusambanya abana RIB itangaza icyo yavumbuye kibimutera

 

Nyuma y’uko RIB itangaje ko yataye muri yombi uyu musore, Ingabire yabinyujije ku rukuta rwe rwa twitter ashimira RIB ko yataye muri yombi uyu musore  anasaba urukiko ko rwazamuhanisha igihano kiri hejuru cyane amategeko ateganya kuri iki cyaha akurikiranweho. Ni nyuma y’uko uyu musore yakoresheje urukuta rwe ashishikariza abantu gusambanya abana.

 

Ingabire yagize ati “Bravo RIB! Abantu bamamaza ingeso mbi zigize ibyaha ntibakwiye kwihanganirwa turasaba urukiko rw’ikirenga kumuhanisha igihano cyo hejuru mubyo amategeko ateganya.” Nyuma yo kwandika ubu butumwa, Ingabire hari uwamusubije ko akabije mu gusabira uyu musore igihano cyo hejuru, amusubiza ko mubyo adashyikira harimo n’umuco wo kudahana.

Inkuru Wasoma:  Amafoto: Itorero inyamibwa bakoze urugendo batuye Imana mbere yo kwerekeza aho bizihiriza isabukuru y'imyaka 25

 

Yavuze ko impamvu atabishyigikira azi ingaruka za byo, anibaza impamvu bavuka ko umuntu urangije kaminuza nka Ntama w’Imana 2 ari umwana, gusa avuga ko nta mpamvu yo kubitindaho kuko n’abo bakobwa b’imyaka 17 nabo ni abana bityo bakwiye kurengerwa. RIB yatangaje ko iri gukora dosiye kugira ngo iyishyikirize ubushinjacyaha, mu gihe kuwa 20 werurwa uyu musore yari yanditse asaba imbabazi kubyo yavuze.

Ingabire Immacule arasabira wa musore washishikarije abantu gusambanya abana guhabwa igihano gikakaye abwira urukiko ijambo rikomeye

Ingabire Immacule umuyobozi wa Transparent international Rwanda arasaba ubutabera ko bwazahana cyane bikomeye Evariste Tuyisenge usanzwe uzwi ku izina rya Ntama w’imana 2 kuri twiiter mu gihe yazaba ahamwe n’ibyaha akurikiranweho.    Umusore ukunzwe cyane kuri twiter yatawe muri yombi akurikiranweho gushishikariza abantu gusambanya abana RIB itangaza icyo yavumbuye kibimutera

 

Nyuma y’uko RIB itangaje ko yataye muri yombi uyu musore, Ingabire yabinyujije ku rukuta rwe rwa twitter ashimira RIB ko yataye muri yombi uyu musore  anasaba urukiko ko rwazamuhanisha igihano kiri hejuru cyane amategeko ateganya kuri iki cyaha akurikiranweho. Ni nyuma y’uko uyu musore yakoresheje urukuta rwe ashishikariza abantu gusambanya abana.

 

Ingabire yagize ati “Bravo RIB! Abantu bamamaza ingeso mbi zigize ibyaha ntibakwiye kwihanganirwa turasaba urukiko rw’ikirenga kumuhanisha igihano cyo hejuru mubyo amategeko ateganya.” Nyuma yo kwandika ubu butumwa, Ingabire hari uwamusubije ko akabije mu gusabira uyu musore igihano cyo hejuru, amusubiza ko mubyo adashyikira harimo n’umuco wo kudahana.

Inkuru Wasoma:  Amafoto: Itorero inyamibwa bakoze urugendo batuye Imana mbere yo kwerekeza aho bizihiriza isabukuru y'imyaka 25

 

Yavuze ko impamvu atabishyigikira azi ingaruka za byo, anibaza impamvu bavuka ko umuntu urangije kaminuza nka Ntama w’Imana 2 ari umwana, gusa avuga ko nta mpamvu yo kubitindaho kuko n’abo bakobwa b’imyaka 17 nabo ni abana bityo bakwiye kurengerwa. RIB yatangaje ko iri gukora dosiye kugira ngo iyishyikirize ubushinjacyaha, mu gihe kuwa 20 werurwa uyu musore yari yanditse asaba imbabazi kubyo yavuze.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!