Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko mu rukerera rwo kuri uyu wa 25 Kanama 2025, ingabo z’iki gihugu, umutwe w’iterabwoba wa FDLR na Wazalendo byacengeye mu bice birimo Goma.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yasobanuye ko abasirikare ba RDC n’aba barwanyi bateye n’ibindi bice byo mu nkengero za Goma birimo Kibati na Munigi, muri rusange bica abasivili bane, bakomeretsa bikomeye abandi batatu.
Ati “Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 25 Kanama 2025, saa munani n’igice z’igitondo, ihuriro ridashoboye ry’ingabo za Leta ya Kinshasa, ririmo FARDC, FDLR, Mai Mai Wazalendo na Nyatura, byacengeye mu bice bituwe cyane bya Kibati, Munigi, Goma n’ibindi bihana imbibi, hapfa abasivili bane b’inzirakarengane, abandi batatu barakomereka cyane.”
Kanyuka yatangaje ko AFC/M23 izakomeza kurinda abasivili, kandi ko izafata ingamba z’umutekano zigamije gusenya imitwe y’iterabwoba ishyigikiwe na Leta ya RDC.
Yagaragaje ko uretse ubushotoranyi bw’ihuriro ry’ingabo za RDC, ubutegetsi bw’iki gihugu bukomeje kurenga ku zindi ngingo zigize amahame yasinyiwe i Doha mu kwezi gushize, zirimo kurekura imfungwa.
Iri huriro ryamaganye uburyo Leta ya RDC ikomeje gufunga Abanye-Congo binyuranyije n’amategeko, igakatira igihano cy’urupfu abo ikeka ko bakorana na ryo, bikagera n’aho iburanisha Joseph Kabila wayoboye iki gihugu kuva mu 2001 kugeza mu 2019.
AFC/M23 igenzura umujyi wa Goma n’ibice bihana imbibi kuva mu mpera za Mutarama 2025. Mu bihe bitandukanye, ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryagerageje kuhagaba ibitero rigamije guhungabanya umutekano waho, ariko bikaburizwamo.
Kugira ngo AFC/M23 ibungabunge umutekano w’ibice igenzura, ikora imikwabu ihoraho igamije gufata abakekwaho ubugizi bwa nabi ndetse n’intwaro zihishe mu ngo z’abaturage.