Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Ukraine, Ruslan Stefanchuk, yateye utwatsi abavuga ko Perezida wabo yarengeje manda bityo ko bagomba gukora amatora aho kuguma mu ntambara, ahamya ko icyo bakeneye ari amasasu atari amatora.
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin aherutse kuvuga ko adateze kuganira na mugenzi we wa Ukraine Volodymyr Zelensky kuko yarengeje manda bityo atari umukuru w’igihugu wemewe n’amategeko.
Ukraine yo igaragaza ko ishaka kubanza kuva mu bihe by’intambara ikabona kwinjira mu matora.
Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Ukraine, Ruslan Stefanchuk, abinyujije kuri Facebook yagize ati “Dukeneye amasasu ntabwo dukeneye amatora. Kwimakaza demokarasi uri kuraswa hejuru ntabwo ari demokarasi, ni imikino kandi uwayungukiramo ni u Burusiya.”
Uyu mugabo yavuze ko ashyigikiye Perezida Zelensky. Amategeko ya Ukraine ntiyemera ko habaho amatora mu bihe by’intambara.