Ibi birindiro by’ingabo byitwa US Al-Udeid Air Base amakuru aravuga ko misile 6 zabashije kubigwaho nyuma yaho Qatar yakoresheje ubwirinzi bwo mu kirere bwayo irasa misile zivuye muri Iran. Cyakora abasirikare bari muri biriya birindiro bari babanje kuburirwa ko baza guterwa barahava, kugeza ubu nta wahitanywe n’ibisasu.

 

 

US Al-Udeid Air Base ni byo birindiro binini by’ingabo za America mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, bibamo abasirikare 13,000.

Perezida Donald Trump yahise ateranya inama y’umutekano hategerejwe icyemezo ashobora gufata.

 

 

Intambara hagati ya Israel na Iran yahinduye isura ku wa Gatandatu ubwo America yatangazaga ko yarashe ku nganda eshatu za Iran zikorerwamo ibikorwa byo gutunganya nuclear.

 

Israel yakomeje kurasa kuri Iran kuri uyu wa Mbere, ibitero bikomeye ni icyabereye kuri gereza ya Evin muri Iran, aho Israel ivuga ko ari ahantu habi icyo gihugu gifungira abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

 

 

Ikindi gitero cyagabwe kuri Kaminuza yitwa Shahid Beheshti University, imwe mu zikomeye muri Iran no kuri Ministeri y’Ingufu.

Ku rundi ruhande ibitero bya Iran byibasiye ibikorwa remezo by’amashanyarazi mu mujyi wa Ashdod. Igisirikare cya Iran kandi kivuga ko cyahanuye indege ya kabiri y’intambara ya Israel yo mu bwoko bwa F-35.

 

 

Iran yanerekanye amashusho ya drone yo mu bwoko bwa Hermes-900 ivuga ko ari iya gatatu imaze guhanirirwa muri Iran.

Igihugu cy’Uburusiya gikomeje kwamagana ibitero bya Israel na America kuri Iran, kimwe n’Ubushinwa na Pakistan na byo byagaragaje kudashyigikira Israel na America.

Israel yarashe kuri Kaminuza yitwa Shahid Beheshti University
Iran yibasiye ibikorwa remezo by’amashanyarazi mu mujyi wa Ashdod muri Israel

 

Ku cyumweru tariki 22 saa 12h31: Leta zunze ubumwe za America zatangaje ko zarashe kuri Iran. Indege z’icyo gihugu zarashe ahantu hari ubutare bwa nuclear hagera kuri hatatu. Perezida Donald Trump yavuze ko inganda za nuclear ahitwa Fordo, Natanz na Isfahan. Yavuze ko Iran igomba kwemera amahoro.

Ibitero bya Leta zunze ubumwe za America kuri Iran, bishobora guhindura imiterere y’intambara ya Israel n’iki gihugu.

Pakistan, Saoudi Arabia, ni bimwe mu bihugu byamaganye ibi bitero bya America kuri Iran. Perezida Putin yavuze ko ibitero bya America birimo kwihutisha gusatira Intambara ya Gatatu y’Isi.

Ubushinwa bwo buvuga ko kuba America yarasa kuri Iran byatuma n’ibindi bihugu bikomeye byinjira mu ntambara ku ruhande rwa Iran.

Iran ivuga ko ibitero bya America ku nganda zayo za nuclear bitagize kini byangiza.

Nyuma y’ibitero bya America, Iran yagabye na yo ibitero bikomeye ku bikorwa bya Israel ku mijyi ya Haifa na Tel Aviv. Igisirikare cya Iran cyavuze ko misile zacyo zo mu bwoko bwa Kheibar Shekan zifite udutwe tw’intambara twinshi zakoreshejwe mu gitero cya 20 kuri Israel.

Iran ivuga ko yarashe ikibuga cy’indege cya Israel, Ben Gurion Airport, ibigo by’ubushakashatsi n’ahantu ingabo za Israel ziyoborera ibitero.

Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi nk’Ubwongereza, byagaragaje gushyigikira igitero cya leta zunze ubumwe za America kuri Iran.

Bishobora kudogera ku bikorwa remezo bya America biri mu gace Iran iherereyemo, iki gihugu cyateguje America ko nikirasaho imitwe yitwaje intwaro igishyigikiye izarasa ku birindiro by’ingabo za America no ku bindi bikorwa remezo.

Ibisasu bya Iran byarashwe kuri Israel mu buryo bwo kwihimura
Aha ni i Tel Aviv ku nyubako ikorerwamo ibijyanye n’isoko ry’imari n’imigabane yarashweho na Iran