Umwaka twasoje wa 2025 waranzwe n’imirwano karahabutaka hagati y’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isiga inyeshyamba zigaruriye ibice byinshi cyane nyuma yo kubyirukanamo ingabo za Leta ya Kinshasa.

2025 itangira M23 n’ingabo za Leta ya Kinshasa bari bamaze imyaka itatu mu mirwano, ariko mu mwaka twaraye dusoje izo nyeshyamba zigaruriye igice gifite ubuso bwikubye inshuro zirenga eshanu ugereranyije n’ubwo aho zagenzuraga mu myaka itatu yari yabanje.

 

 

Muri uyu mwaka by’umwihariko ni bwo inyeshyamba ziyobowe na Gen. Sultani Makenga zarenze imbibi z’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, zinjira muri Kivu y’Amajyepfo.

 

Muri iyi nkuru tugiye kwibukiranya zimwe muri Operasiyo M23 yakoze muri 2025 zikayifasha gukura intsinzi ku ngabo za Leta

 

Ifatwa ry’Umujyi wa Sake

 

Ku wa 23 Mutarama 2025 ni bwo Ingabo za AFC/M23 zigaruriye uriya mujyi wo muri Teritwari ya Masisi, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Urugamba rwo gufata Sake ruri muri Operasiyo zagoye cyane M23, dore ko yafashe uyu mujyi nyuma y’igihe kigera ku mwaka yari imaze irwanira n’ingabo za Kinshasa mu misozi iwukikije.

 

Sake yafashwe nyuma y’uko ingabo za leta zarimo FARDC, FDLR, Wazalendo, Ingabo z’u Burundi, iza MONUSCO, iza SADC n’abacanshuro b’abazungu bari bamaze kunanirwa bagahitamo guhunga bajya kurinda umujyi wa Goma wari usumbirijwe.

 

Sake yafashwe yiyongera ku duce tuyikikije nka Minova na Bweramana M23 yari yaramaze kwigarurira.

 

Iyicwa rya Gen. Cirimwami

 

Ku wa 23 Mutarama 2025 nyuma y’amasaha make Sake ifashwe, ni bwo Général-Major Peter Nkuba Cirimwami wari Guverineri wa Gisirikare w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru yishwe arasiwe ku rugamba. Yarasiwe mu gace ka Kasengezi gaherereye hagati ya Goma na Sake.

 

AFC/M23 biciye muri Lawrence Kanyuka uyivugira mu bya Politiki ni yo yemeje bwa mbere inkuru y’urupfu rwe.

Yagize ati: “Umugaba w’Ikirenga wa FDLR, Gen Cirimwami yapfuye. Yiciwe muri Kasengezi aho yari yagiye gusura imirongo y’urugamba no kwifotoza.”

 

Bucyeye bwaho, FARDC na yo yemeje inkuru y’urupfu rwe. Umuvugizi wayo, Général-Major Sylvain Ekenge yavuze ko Cirimwami “yaguye ku rubuga rw’icyubahiro (ku rugamba)”.

 

Amakuru avuga ko Gen Cirimwami yarashwe amasasu atatu, arimo iryo mu ijosi, mu gituza ndetse no mu kaguru.

FARDC ivuga ko nyuma yo gukomeretswa “ibishoboka byose byarakozwe kugira ngo azanwe i Kinshasa guhabwa ubuvuzi bukwiye, ku bw’ibyago apfa azize ibikomere.”

 

Cirimwami yari Guverineri wa Gisirikare wa Kivu y’Amajyaruguru kuva muri Nzeri 2023, nyuma yo guhabwa izo nshingano na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wari umusimbuje Lieutenant-Général Constant Ndima Kongba.

 

Ifatwa rya Goma

 

Ku wa 27 Mutarama 2025 ni bwo uyu mujyi ufatwa nk’umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru wafashwe na AFC/M23, iwirukanyemo ingabo za Leta ya Congo Kinshasa.

 

Muri iyi mirwano abasirikare ba Leta ya Congo Kinshasa barenga 100 bahungiye mu Rwanda, abandi benshi bahungira mu mujyi wa Bukavu.

 

Ifatwa ry’uyu mujyi kandi ryabaye iherezo ry’abacanshuro n’abasirikare ba SADC barwanaga ku ruhande rwa Leta, dore ko byarangiye bacyuwe mu bihugu byabo banyuze mu Rwanda nyuma yo kubura aho banyura bava muri Goma yari yarafashwe.

 

Ifatwa rya Kavumu na Bukavu

 

Umujyi wa Bukavu AFC/M23 yawufashe ku wa 14 Gashyantare 202t, nta mirwano ibayeho.

Bukavu yafashwe nyuma y’uduce twinshi two mu majyaruguru yayo, turimo ikibuga cy’indege cya Kavumu cyafashwe mbere y’amasaha make yari yabanje.

 

Ifatwa ry’umujyi wa Walikale

 

Uyu mujyi wafashwe ku wa 20 Werurwe, nyuma y’uko AFC/M23 yari imaze kuwirukanamo ingabo za Leta.

Icyakora nyuma y’icyumweru kimwe uyu mutwe waje kuwuvanamo ingabo zawo, nk’impamvu irema icyizere mu biganiro bya Doha wari watangiye kugirana na Leta ya Congo Kinshasa.

 

Ifatwa rya Uvira!

 

Uyu mujyi wa kabiri munini muri Kivu y’Amajyepfo AFC/M23 yawigaruriye ku wa 9 Ukuboza 2025, iwirukanyemo ihuriro ry’ingabo zirimo iza FARDC, FDLR n’u Burundi.

 

Cyo kimwe n’uwa Walikale, AFC/M23 yavuye muri Uvira nyuma y’icyumweru, mu rwego rwo guha amahirwe ibiganiro bya Doha.

 

Usibye iyi mijyi minini kandi AFC/M23 yanigaruriye uduce twinshi turimo imijyi mito mu materitwari ya Rutshuru, Masisi, Nyiragongo, Walikale, Lubero, Kabare, Idjwi, Walungu, Fizi, Uvira na Mwenga.

 

Uyu mutwe kandi washoboye guhanura indege z’intambara na drone z’ingabo z’umwanzi, by’umwihariko Sukhoi-25 na drone za CH-4.