Gen (Rtd) David Sejusa wahoze ari umukuru w’ubutasi bwa Uganda ndetse n’umwe mu basirikare bakomeye b’iki gihugu, yasabye Ingabo za Tanzania (TPDF) gutabara zigafata ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan, mu rwego rwo guhagarika icyo yise ubwicanyi no gusenya ibintu byabereye mu gihugu.
Sejusa yatanze ubu butumwa mu cyumweru gishize, ubwo muri Tanzania harimo habera imyigaragambyo ikomeye ivanze n’imvururu.
Ni imyigaragambyo yakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu atavugwaho rumwe yabaye ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, mbere y’uko Perezida Samia Suluhu Hassan ayegukanamo intsinzi ku majwi arenga 97%.
Ku wa Mbere tariki ya 3 Ugushyingo 2025 ni bwo uyu mugore wayoboraga Tanzania kuva muri 2021 yarahiriye gukomeza kuyobora iki gihugu mu myaka itanu iri mbere, mu muhango witabiriwe n’abantu mbarwa.
Mu gihe imyigaragambyo yari irimbanyije, Gen (Rtd) David Sejusa ukunze gutanga ubusesenguzi ku bibazo by’umutekano na Politiki Mpuzamahanga, yagaragaje ko TPDF yagafashe ubutegetsi mu rwego rwo gusubiza ibintu mu buryo.
Yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Ingabo za Tanzania (TPDF) zikwiye kuhagoboka zigafata ubutegetsi, mu rwego rwo gukumira ubundi bwicanyi no kwangiza [imitungo].”
Yunzemo ati: “Mu gihe ibintu bihagaze neza, shaka inzira igana imbere. Ntimukemere ko abayobozi batita ku nshingano basenya Tanzania.”
Amagambo ya Gen. Sejusa yahise yamaganirwa kure n’Intumwa Ihoraho ya Uganda mu muryango w’Abibumbye, Adonia Ayebare washinje uriya Jenerali “kurengera” no kugendera “ku rujijo ruri ku mbuga nkoranyambaga”.
Uyu mudipolomate yunzemo ko ibintu muri Tanzania byari byamaze “gusubira mu buryo burundu”, mbere yo gusaba ko inzira ishingiye ku tegeko nshinga yubahirizwa.
Gen. David Sejusa yahise agaruka asobanura birambuye ko ibyo yatangaje yabishingiye ku makuru yizewe yari yahawe n’abantu batandukanye, barimo n’igitangazamakuru cya Leta ya Tanzania.
Yagaragaje ko “ibiri kubera muri Tanzania biratandukanye, aho hari impaka ku butegetsi n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, nyamara abantu barimo kwicwa ndetse imitungo yabo ikangizwa.”
Yunzemo ati: “Ingabo ni nk’igipimo cy’umutekano kigamije gukumira ibiza bigwirira igihugu.”
Sejusa kandi yavuze ko kuba Ingabo za Tanzania zakura ku butegetsi Perezida Samia Suluhu bifite ishingiro, “mu gihe abayobozi batowe badashoboye kurinda icyubahiro n’umutekano by’abaturage”, mbere yo kungamo ko we atari “imbohe y’ivangura rishingiye ku Banyaburayi” ribona buri coup d’état yose nk’itemewe.
Ishyaka CHADEMA rya mbere mu yatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania rivuga ko imyigaragambyo yabaye muri iki gihugu yaguyemo abantu babarirwa muri 800, mu gihe imiryango itandukanye yo ivuga ko abapfuye ari 10.