Abasirikare n’abapolisi 124 baburanishijwe i Kalemie kubera guta akazi igihe cy’ifatwa rya Uvira. Abo abantu 124 bo mu gisirikare n’igipolisi, barimo abasirikare 68 n’abapolisi 56, kuwa gatanu, itariki 19 Ukuboza, bitabye urukiko rwa gisirikare bashinjwa guhunga umwanzi.
Iburanisha rya mbere, ryahariwe kumenya abaregwa, aho byafashije kumenya imyirondoro y’abantu 66 mu baregwa, inzira izakomeza mu iburanisha rizakurikiraho.
Ubushinjacyaha buvuga ko abaregwa baregwa kuba baravuye aho bashinzwe gukorera batabiherewe uburenganzira n’abayobozi babo, igikorwa gifatwa nko guta akazi, kikaba icyaha gihanwa bikomeye hakurikijwe amategeko ya gisirikare ya Congo.

Mu kuyobora iburanisha, Lt. Col. Désiré Dionda Mukolee, yongeye gushimangira ko urujya n’uruza rwose rw’abasirikare boherejwe muri Kivu y’Amajyepfo rugomba gukorwa ku itegeko ry’abayobozi babo.
Yashimangiye ko “kutubahiriza ibi bisabwa ari icyaha gikomeye,” cyane cyane mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.