Kugira ngo umugore arware kanseri y’inkondo y’umura, uretse kuba yaranduye virusi HPV, biterwa kandi na zimwe mu mpamvu zikurikira nk’uko zemejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS)

 

 Kuba umukobwa yaratangiye imibonano mpuzabitsina akiri muto atarageza ku myaka 18 y’amavuko
 Kuba umugore afite abagabo barenze umwe bakorana imibonano mpuzabitsina
 Kuba umugabo we afite abandi bagore bakorana imibonano mpuzabitsina
 Isuku nke

 Kuba umugabo adasiramuye
 Kuba umubiri we udafite ubudahangarwa ku ndwara (deficient immune system), urugero nk’ababana n’ubwandu bw’agakoko ka virusi itera SIDA, abarwaye izindi kanseri n’izindi ndwara
 Kubyara abana benshi ukarenza abana bane bikurura ibi byago
 Indyo itaboneye
 Kurwara izindi ndwara zifata mu myanya ndangagitsina nk’imitezi, mburugu n’izindi
 Kunywa itabi
 Imwe mu miti ikoreshwa mu kuringaniza imbyaro.

 

Muri rusange, ibi bivuzwe hejuru bifasha virusi HPV z’amoko atandukanye guhangara umubiri no kuwuzahaza ntube ugishoboye guhagarika kanseri.

 

Hari ubwoko bwinshi bunyuranye bwa kanseri y’inkondo y’umura, ariko ububoneka cyane bufata buhereye ahasanzwe hahurira igice cy’inkondo y’umura kivubura amatembabuzi ari nacyo gifatanye n’umura (uterus), n’igice cy’inkondo y’umura kirebana n’inda ibyara (vagina).

 

Ubu bwoko bwa kanseri y’inkondo y’umura ni bwo twibandaho. Birumvikana ko ari indwara ifata abagore kuko abagabo batagira umura.

Kanseri y’inkondo y’umura iterwa n’agakoko ka virusi yitwa Human Papilloma (HPV) mu cyongereza.

 

Iyi virusi ibarirwamo amoko menshi, amaze kuvumburwa akaba agera ku ijana (100). Amwe muri ayo moko ya HPV atera ubundi burwayi butari kanseri (low-risk HPV), mu gihe andi muri yo atera kanseri zinyuranye (high-risk HPV) ziganjemo ifata inkondo y’umura, inda ibyara, ubugabo, mu kibuno, mu kanwa, mu muhogo, mu nkanka ndetse n’ibitsikira b’amaso.

 

Uko kanseri y’inkondo y’umura igenda ikura yigaragaza mu bimenyetso
binyuranye ariko ibyiganza cyane ni ibi bikurikira:

 

 Kuva amaraso no mu gihe kitari icy’imihango y’abagore
 Kuribwa mu kiziba cy’inda
 Kuribwa mu nda ibyara mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina
 Kuribwa mu kiziba cy’inda nyuma y’imibonano mpuzabitsina
 Kuzana uruzi rudasanzwe runuka mu myanya ndanga gitsina

 

Bimwe mu bimenyetso by’uko kanseri yamaze kwangiza izindi ngingo, harimo ukwifunga kw’inkari, amaraso mu nkari cyangwa mu musarani.