Mu gihe bikomeje gushyuha hagati ya APR FC na Rayon Sports  hategerezwa n’abafana b’umupira w’amaguru mu Rwanda n’ahandi, umusesenguzi w’imena, Kazungu Clever, yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi 11 kuri buri ruhande bashobora kubanzamo. Ni urutonde rugaragaza ubukana bw’iyi mikino y’amateka, aho amakipe yombi azaba ahanganiye ishema n’igitinyiro mu kibuga.

 

APR FC: Abasore ba Adil bazaba bahagaze gutya mu kibuga

Kazungu Clever yagaragaje ko ikipe ya APR FC ishobora kwifashisha abakinnyi bakomeye bafite ubunararibonye n’imbaraga, bahagaze neza muri shampiyona. Uko 11 ba APR FC bashobora kuba bahagaze:

  1. Pierre Ishimwe
  2. Fitina Ombolenga
  3. Claude Niyomugabo (Kapiteni)
  4. Clement Niyigena
  5. Yunusu
  6. Sekiganda
  7. Ouattara
  8. Ruboneka Jean Bosco
  9. Togui
  10. Dao
  11. Omedi

 

Rayon Sports: Ikipe itajegajega yiteguye guhangana

Rayon Sports na yo izaba ifite abakinnyi bashoboye, bayobowe na kapiteni Diagne, bari mu murongo wa 3-5-2, bisobanuye ko izaba ikina n’abugarira batatu n’abakinnyi bo hagati batanu, bashobora gufasha no gusatira.

  1. Kwizera Olivier
  2. Bassane
  3. Sindi Paul
  4. Rushema
  5. Diagne (Kapiteni)
  6. Bayisenge
  7. Rayane
  8. Abedi Bigirimana .
  9. Chelly
  10. Biramahire Abeddy
  11. Bingo Belo

Uburyo bwo Gukina: 3-5-2 buteye ubwoba

 

Rayon Sports izaba ikoresha uburyo bwa 3-5-2, bivuze ko izashyira imbaraga nyinshi mu kibuga hagati no ku mpande, ariko ikanagumana ubwugarizi buhamye. Ubu buryo bushobora kuyigirira akamaro mu gukumira APR FC izwiho kugira ba rutahizamu bafite ubuhanga.