Mu minsi ishize, hibanzwe cyane ku makuru y’umubano utari kugenda neza hagati ya Kimenyi Yves, umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, n’umugore we Claudine Uwase Muyango. Bamwe mu bafana babo batangiye gukeka ko bashobora kuba baratandukanye burundu, bitewe n’ibimenyetso bikomeje kugaragara, birimo gukuraho amafoto yabo kuri instagram, kutongera gukurikirana, ndetse no kubaho ubuzima butandukanye.
Ubu butandukane bwatangije gukaza umurego ubwo Kimenyi yajyaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Amakuru yizewe avuga ko Keza Terisky, umwe mu bantu bigeze kugaragara ari hafi ya Muyango, yaba yarafashe amajwi ya Kimenyi Yves atabiherewe uburenganzira, ibi rero bishobora kwitwa icyaha mu gihe yaregwa
Aya majwi akaba yarasakaye kumbuga nkoranyambaga aho yararimo kuganira n’umugabo wa Muyango amabanga y’urugo rwabo, ariko undi akaza kuyashyira hanze . Rero reka tureba icyo amategeko y’u Rwanda avuga ku muntu wakoze iki cyaha.
Nk’uko biteganywa n’Itegeko no 60/2018 ryo kuri 22/8/2018 ryerekeye kurengera ubuzima bwite, ufata amajwi y’umuntu cyangwa amashusho mu buryo butemewe n’amategeko, ashobora guhanwa bikomeye.
Ingingo ya 6 y’iri tegeko ivuga ko:
“Umuntu wese ufashe amafoto, amashusho cyangwa amajwi y’undi muntu atabiherewe uburenganzira kandi bigakorwa mu buryo bwo kumugirira nabi cyangwa kumwandagaza, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi 500 (5000,000 FRW) kugeza kuri miliyoni ebyiri (2,000,000 FRW) cyangwa kimwe muri ibyo bihano byombi.”
Ibi bivuze ko Keza Terisky , abaye arezwe na Muyango cyangwa Kimenyi Yves ku mugaragaro, ashobora gushyikirizwa inkiko akaryozwa ibyo bikorwa byafashwe nk’ihonyora ry’ubuzima bwite, cyane cyane niba ayo majwi yarafashwe mu rwego rwo gukwirakwiza amakuru amuharabika cyangwa amuhembera urwango.


