Nyuma y’igitero simusiga giherutse kugabwa na ADF ahitwa i Komanda, videwo ishinja MONUSCO kuba yaragize uruhare muri ubwo bwicanyi yahise ikwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, itera urujijo n’impungenge mu baturage.

 

Umuyobozi w’umusirikare wa Teritwari ya Irumu, mu Ntara ya Ituri, Colonel Siro Nsimba Bunga Jean, yamaganye ibi birego avuga ko bidafite ishingiro, ahakana yivuye inyuma uruhare rw’ubutumwa bwa Loni.

 

Ku bwa Colonel Nsimba, iyi ni videwo mbi yakozwe n’abantu bagambiriye inabi nk’uko tubikesha mediacongo.net.

Yatangaje ati: “Iyi ni copy-paste yaturutse mu banzi b’amahoro bashaka kubiba urujijo. Turahamagarira abantu bose gukomeza kuba maso kandi ntibemere gukoreshwa n’ubutumwa bw’ikinyoma”.

 

Colonel Siro Nsimba yongeye gushimangira ko intego nyamukuru y’ibikorwa bya gisirikare ikomeje kuba intambara yo kurwanya ADF, ishinjwa ibitero byagabwe ku baturage muri ako karere.

Yakomeje agira ati: “Intego yacu ntabwo ari abakozi ba MONUSCO, ahubwo ni imitwe yitwaje intwaro ikomeje gutera ubwoba abaturage bacu”.

Ibi avuga kandi byashyigikiwe n’Umuryango Convention pour le respect des droits humains (CRDH), ishami rya Irumu.

Umuhuzabikorwa wa yo muri ako gace, Christophe Munyanderu, yizera ko ADF yungukira ku byitso by’abaturage bakoresha imbuga nkoranyambaga kugira ngo bakwirakwize amakuru atari yo kandi biteze ubwoba.

 

Yabisobanuye agira ati: “Umwanzi arashaka guhungabanya Komanda akoresheje abaturage bamwe na bamwe nk’ibikoresho mu bikorwa bya yo.”