banner

Koreya y’Epfo: Indege yafashwe n’inkongi bitewe na ‘power bank’

Minisiteri ishinzwe ubwikorezi muri Koreya y’Epfo yatangaje ko batiri yo mu gakoresho kongera umuriro muri telefone kazwi nka ’power bank’ yari mu mizigo y’umugenzi, bikekwa ko ari yo yaba yaraturitse igatera inkongi y’umuriro mu ndege ya Air Busan muri Mutarama 2025.

 

Iyi ndege yafashwe n’inkongi y’umuriro iri ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Gimahe giherereye mu majyepfo ya Koreya y’Epfo, ku wa 28 Mutarama 2025, abantu batatu barakomereka byoroheje.

 

Minisitiri w’Ubutaka, Ibikorwaremezo n’Ubwikorezi wa Koreya y’Epfo, Dr. Sangwoo Park Lee, yavuze ko ibyavuye mu iperereza ry’ibanze byerekana ko umuriro ushobora kuba waratewe no gucomeka mu ndege ‘Power bank’ yari yavunitse.

Inkuru Wasoma:  Abafata imiti igabanya ubukana bwa SIDA bari mu gihirahiro

 

Abashinzwe iperereza bagaragaje ko babonye ibisagazwa by’iyi ‘power bank’ ahagenewe kubikwa ibikapu mu ndege ari na ho umuriro watangiriye.

 

Gusa ntibigeze bagaragaza impamvu nyamukuru yateye iturika rya batiri y’aka gakoresho kabika umuriro, kakifashishwa mu kunganira telefone mu gihe uwayo washizemo.

Koreya y’Epfo: Indege yafashwe n’inkongi bitewe na ‘power bank’

Minisiteri ishinzwe ubwikorezi muri Koreya y’Epfo yatangaje ko batiri yo mu gakoresho kongera umuriro muri telefone kazwi nka ’power bank’ yari mu mizigo y’umugenzi, bikekwa ko ari yo yaba yaraturitse igatera inkongi y’umuriro mu ndege ya Air Busan muri Mutarama 2025.

 

Iyi ndege yafashwe n’inkongi y’umuriro iri ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Gimahe giherereye mu majyepfo ya Koreya y’Epfo, ku wa 28 Mutarama 2025, abantu batatu barakomereka byoroheje.

 

Minisitiri w’Ubutaka, Ibikorwaremezo n’Ubwikorezi wa Koreya y’Epfo, Dr. Sangwoo Park Lee, yavuze ko ibyavuye mu iperereza ry’ibanze byerekana ko umuriro ushobora kuba waratewe no gucomeka mu ndege ‘Power bank’ yari yavunitse.

Inkuru Wasoma:  Abafata imiti igabanya ubukana bwa SIDA bari mu gihirahiro

 

Abashinzwe iperereza bagaragaje ko babonye ibisagazwa by’iyi ‘power bank’ ahagenewe kubikwa ibikapu mu ndege ari na ho umuriro watangiriye.

 

Gusa ntibigeze bagaragaza impamvu nyamukuru yateye iturika rya batiri y’aka gakoresho kabika umuriro, kakifashishwa mu kunganira telefone mu gihe uwayo washizemo.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!