Lt. Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’ihuriro AFC/M23 biravugwa ko yarasiwe mu gitero cya Drone cy’ingabo za Congo, FARDC mu gace ka Rubaya.

 

 

Bamwe mu bari ku ruhande rwa leta ya Congo, baremeza ko Willy Ngoma yarashwe mu masaha y’igicuku ashyira saa cyenda z’ijoro (02:42 a.m) hafi y’umurima munini w’uwitwa Gahizi.

 

 

Kugeza ubu ntacyo AFC/M23 iravuga kuri aya makuru, cyakora Lawrence KANYUKA, umuvugizi wa politiki wayo yatangaje ko agace ka Rubaya kibasiwe n’ibitero bya drone kimwe n’agace ka Kalehe.

 

 

Yanditse kuri X ko mu masaha ya saa 2h43 a.m drone z’ingabo za Congo, zarashe zidatoranya i Rubaya mu bice bituwe, byica abasivile b’inzirakarengane.

 

 

Ati “Iki gikorwa kibi kigize icyaha cyibasira kiremwamuntu n’icyaha cy’intambara.”

Amakuru yizewe dukesha UMUSEKE avuga ko Lt.Col Willy Ngoma yarashwe agapfa.

 

 

Umunyamakuru Steve Wembi uba hafi cyane ya Joseph Kabila, ndetse na AFC/M23 yatangaje ko igitero cya drone za FARDC cyagabwe ku modoka z’abayobozi ba AFC/M23, cyakora ntiyavuze abo cyahitanye.

 

Kugeza ubu ku mugaragaro ntabwo AFC/M23 iremeza urupfu rwa Lt.Col Willy Ngoma, kimwe n’ingabo za leta ya Congo, FARDC ntacyo zirabivugaho.

 

 

Yari yarazengereje ingabo za Congo

Willy Ngoma yamamaye cyane ubwo M23 yatangizaga imirwano mu mwaka wa 2021, yagiye agaragara yerekana intwaro zafashwe n’abasirikare ba Congo bafatiwe mu mirwano, ndetse anavuga ahantu hafashwe.

 

 

Uyu mugabo yagezwe amajanja kenshi, ubwo AFC/M23 yafataga Uvira mu Ukuboza, 2025, na bwo ingabo za leta ya Congo zari zamubitse ko yarashwe na drone, gusa nyuma aza kugaragaza ko ahari.

 

Willy Ngoma yongeye kuvugwa cyane ashushubikanya Abacanshuro b’Abazungu bari birundiye mu mujyi wa Goma, bakaza gusohokamo basebye banyuze mu Rwanda.

 

 

Urupfu rwe rwaba ari inyundo ikubiswe mu mutwe wa AFC/M23 bitewe n’umuhate no kwiyemeza Lt.Col Willy Ngoma yagaragaje muri iyi myaka ine intambara imaze.

 

 

Intambara ziri muri Congo zafashe indi sura nyuma y’uko Congo izanye abacanshuro b’Abanyamerica bo muri Black Water. Ibitero bya drone byagiye byibasira ibice birimo Minembwe, Kalehe ndetse ubu bimeze nabi i Rubaya.

 

 

Ibi biraba mu gihe Angola yasabye agahenge ko guhagarika imirwano ariko ahubwo nibwo yakajije umurego.

Willy Ngoma ubwo Uvira yafatwaga mu kwezi k’Ukuboza 2025

Willy Ngoma yari umugabo utuje ucisha make