Impuguke za Loni kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ziravuga ko umutwe wa M23 urimo gushinga ubutegetsi bwigenga mu burasirazuba bwa Congo, n’ubwo rwose hari ibiganiro n’imihate y’amahoro ya Doha na Washington.

 

Bikubiye muri raporo izo mpuguke ziheruka gusohora zikanayishyikiriza akanama gashinzwe amahoro n’umutekano muri Loni.

 

Iyo raporo ivuga ko ibintu byarushijeho kumera nabi mu mezi ashize kuko impande zihanganye – Kinshasa na M23, zagiye zigabanaho ibitero mu buryo “bunyuranyije n’ubwumvikane bwo guhagarika imirwano” bwari bwagiye bugerwaho.

 

 

Ivuga ko AFC/M23 ishaka “kuba ubundi butegetsi bubangikanye n’ubwa leta ya Congo, ishyiraho inzego z’ubutegetsi, iz’ubucamanza, iz’imisoro, n’inzego z’umutekano bisa nko kurema ibikorwa bya leta”.

 

 

Iyi raporo ivuga kandi ko AFC/M23 yaguye ibikorwa byayo bya gisirikare muri Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.

Impuguke za ONU zivuga ko ibintu byarushijeho kumera nabi mu burasirazuba bwa Congo, mu gihe kandi ubu bivugwa ko umuhate wo kugera ku mahoro mu biganiro bya Doha utarimo gukomeza.

 

 

Minisitiri w’itumanaho akaba n’umuvugizi wa leta ya DR Congo yatangaje ko batazakomeza ibiganiro na AFC/M23 i Doha niba uwo mutwe udasubiye inyuma “ku mirongo wahozeho”.

 

 

Minisitiri Patrick Muyaya yatangaje ibyo mu kiganiro na Radio Okapi iterwa inkunga na ONU, nyuma y’amakuru amaze iminsi avuga ko leta ya Kinshasa yivanye mu biganiro bya Doha bigamije kugera ku mahoro hagati y’impande zombi.

 

Muyaya yavuze ko Kinshasa itivanye muri ibyo biganiro, ko ayo makuru ari “fake news” kandi ari “ibihuha bikwizwa na M23 n’u Rwanda”, ko bo ahubwo bakomeje kuganira n’umuhuza – leta ya Qatar.

 

 

Minisitiri Muyaya yavuze ko mu mezi ashize mu ibiganiro bya Doha hatewe intambwe zirimo kumvikana ku “ku buryo bwo guhagarika imirwano n’uko bizakorwa” ndetse bagira ibyo bumvikana “no ku kibazo cy’imfungwa”.

Yongeraho ko izo ntambwe zose “u Rwanda na M23 bazirenzeho” ntibazubahirize.

 

 

Ati: “Ni gute wakumva ko tuzamererwa neza kugenda tukicarana n’abantu batubahiriza ibyo twumvikanye kuva ku ntangiriro n’iyo twaba twateye intambwe?”

 

 

Leta y’u Rwanda ihakana gufasha umutwe wa M23, ivuga ko yafashe gusa ingamba zo kwirinda, na ho umutwe wa M23 ushinja leta ya Kinshasa na FARDC ko ari bo barenga ku byo bumvikanaho mu biganiro bakagaba ibitero ku birindiro bya M23.

 

 

Muri raporo nshya, inzobere za ONU zivuga ko izi mpande zombi “zigabanaho ibitero mu gihe kimwe”.

Umunyamakuru wa Radio Okapi yabajije Muyaya niba kubera izo mpamvu yavuze ibiganiro bya Doha byarahagaze, maze arasubiza ati: “Birumvikana, kuri twe bagomba kuva muri Uvira, bagomba gusubira ku mirongo y’ibanze bahozeho”. Ntabwo yasobanuye iyo mirongo iyo ari yo.

 

 

Abajijwe niba bazasubira mu biganiro bya Doha ari uko M23 yasubiye inyuma kuri iyo mirongo, Muyaya yagize ati:”Twe turi mu biganiro n’umuhuza [leta ya Qatar], kuko we ntitwigeze duhagarika kuganira na we…birumvikana ko u Rwanda kimwe na M23 bagomba [kubanza] gusubira inyuma aho bari bari kugira ngo ibyiciro bisigaye muri ibi biganiro [bya Doha] bitange umusaruro ubyitezwemo”.

 

 

M23 ubu igenzura ibice binini mu ntara za Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo n’imijyi ya Goma na Bukavu – imirwa mikuru y’izi ntara. Nyuma yo gufata umujyi wa Uvira mu kwezi gushize, ku gitutu cy’amahanga yatangaje ko yawuvuyemo, ibyo Kinshasa na Amerika nk’umuhuza bavuze ko atari ko bimeze.