Imirwano ikaze kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Ukwakira, yaramutse ijya mbere hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mujyi muto wa Nyabyondo uherereye muri Teritwari ya Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

 

Amakuru avuga ko guhera saa saba z’ijoro, inyeshyamba za Wazalendo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC zagabye ibitero ku birindiro bya M23.

 

 

Abatuye muri kariya gace bavuga ko humvikanye urusaku rw’intwaro ziremereye n’into, ibyatumye abaturage bahunga ingo zabo.

 

 

Amakuru atangwa n’inzego z’umutekano zo ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa avuga ko ibitero by’ingabo za Leta bigamije kuvana M23 muri uriya mujyi igenzura kuva muri Werurwe uyu mwaka.