M23 yisubije uduce tune muri Kivu yepfo

Ku wa Kabiri, tariki ya 15 Mata 2025, M23 yisubije  uduce tune two muri  Kalehe na Kabare, muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’imirwano ikomeye  n’abarwanyi ba Wazalendo bafatanya n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC).

 

Imirwano yatangiye ku wa Mbere, tariki ya 14 Mata, aho abaturage batangaje ko yakoreshejwemo intwaro zikomeye (ibisasu, za mortier) n’izoroheje, ikamara umunsi wose. Uduce twafashwe turimo Lemera, Bushaku 1, Bushaku 2 (muri  Kalehe) na Kabamba (muri Kabare), aho abaturage batatu baguye mu gace ka Irhambi Katana.

Inkuru Wasoma:  RDC: Undi mutwe wa Wazalendo witwa UFRC wifatanyije na AFC/M23

 

Abaturage batangaje ko  AFC/M23 zakiriye abasirikare bashya baturutse mu kiyaga cya Kivu baje bava muri Kivu y’Amajyaruguru ndetse no ku butaka bavuye i Bukavu na Kavumu, aho impande zombi zari zarwaniye mu mpera z’icyumweru gishize. Ibi byakurikiye ifatwa ry’igihe gito ry’ikibuga cy’indege cya Kavumu ryakozwe na Wazalendo ku wa 13 Mata.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Email: info@imirasiretv.com

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops! Paji uri gushakisha ntabwo ibashije kuboneka