Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri wasubije inyuma igitero cy’Ingabo za Leta ya RDC n’abarwanyi b’imitwe ya FDLR na Wazalendo bashakaga kwigarurira agace gakungahaye ku mabuye y’agaciro ka Lubaya.

 

Amasoko ya BWIZA muri Masisi aravuga ko kuri uyu wa Kabiri impande zombi zaramutse zirwanira mu gace ka Gatugunda munsi ya Bukumbiriri, ku muhanda uhuza uduce twa Kibabi, Kinigi na Gatongi.

 

 

Indi mirwano kandi ngo yaramutse ibera hagati y’uduce twa Gatovu na Muhayirwa.

Ejo ku wa Mbere bwo imirwano yiriwe ibera mu duce tugize Secteur Gatoyi.

 

 

Amakuru avuga ko ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zubuye ibitero muri kariya gace, mu rwego rwo kwisubiza agace ka Rubaya gasanzwe gakungahaye ku mabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Coltan.

 

 

Bivugwa ko abasirikare bakuru barimo Jenerali witwa Kigingi, Gen Mangara, Col BNB wa FDLR-CNRD, Gen Mutayomba, Gen Macano na Gen Mangarazi bahawe amafaranga na Leta ya RDC ngo babashe kwigarurira kariya gace.

 

Iyo mirwano kandi iranavugwamo ingabo z’u Burundi.

 

 

Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri M23 yashoboye gusubiza ingabo za Leta inyuma, izigeza mu bilometero bibarirwa muri 30 uvuye mu duce imirwano yaberagamo.