Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Mutarama wigaruriye Kiliba, agace gaherereye mu bilometero bibarirwa muri 15 uvuye mu mujyi wa Uvira.
Kiliba yafashwe nyuma y’uko Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo zari zikarimo zihisemo kukavamo zigahunga.
Nyuma y’ifatwa rya Kiliba kandi amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira avuga ko igikuba cyahise gicika muri uyu mujyi.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana abaturage bo muri uriya mujyi banyuranyuranamo n’abaturage, nyuma yo kumva urusaku rw’amasasu hafi yawo.
Amakuru kandi avuga ko Ingabo zigenzura Uvira zirimo iza FARDC, iz’u Burundi na Wazalendo zatangiye guhungira mu Burundi.
Andi makuru avuga ko abasirikare bakuru ba Leta ya RDC bayoboraga urugamba bari i Bujumbura bahisemo kuhava, berekeza i Kalemie mu ntara ya Tanganyika n’i Lubumbashi muri Katanga.