Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yakuriye inzira ku murima abibwira ko ishyaka rye rya CNDD-FDD riri ku butegetsi rishobora kurekura igihugu, avuga ko bitazigera bishoboka kuko igihugu bagifashe barushye.
Mu bikorwa byo kwiyamamaza kw’iri shyaka byabaye tariki ya 27 Gicurasi 2025, Ndayishimiye yagize ati: “Igihugu twagifashe turushye, cyaratuvunnye, ntakwanjwa ngo turekure icyo twafashe kuko twavuye kure’’.
Muri ibi bikorwa byo kwiyamamaza byabereye muri Komine Musigati, Neva yavuze ko mbere y’uko CNDD-FDD ifata u Burundi bwari bwuzuyemo akajagari, gusa ngo kuri ubu bakaba barabwubatse bakanabwimakazamo demukarasi.
Yavuze kandi ko kuri ubu igihugu gitekanye, kandi ko u Burundi bwubashywe mu ruhando mpuzamahanga ndetse Umurundi aho ari hose ku Isi na we akaba yubashywe.
N’ubwo Prezida Ndayishimiye ashaka ko ishyaka rye rya CNDD-FDD riguma ku butegetsi, imyaka 20 ishize riyoboye igihugu biragaragara ko ntaho cyavuye nta n’aho cyagiye kubera ibibazo by’ingutu bicyugarije iki gihugu.
Leta ya CNDD-FDD iyobowe na Ndayishimiye yananiwe gushakira igisubizo ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kimaze imyaka isaga 3, ibura ry’isukari, izamuka ry’ibiciro ku byangombwa nkenerwa, ibura ry’amadevize; ibikomeza gushyira u Burundi mu bihugu bikennye cyane ku Isi.