banner

Perezida Ruto yasezeranyije abanyeshuri imashini ikora chapati miliyoni

Perezida Dr. William Samoei Ruto wa Kenya yasezeranyije abanyeshuri biga mu mujyi wa Nairobi ko azabaha imashini ikora chapati miliyoni ku munsi.

 

Iri sezerano yaritanze ubwo we na Guverineri wa Nairobi, Johnson Sakaja, basuraga ishuri ryisumbuye ry’abakobwa rya St Teresa, kuri uyu wa 11 Werurwe 2025.

 

Guverineri Sakaja yamenyesheje Perezida Ruto ko abanyeshuri 300.000 b’i Nairobi bagaburirwa binyuze muri gahunda ya “Dishi na County”, amugezaho icyifuzo cy’iyi mashini.

 

Yagize ati “Abana barenga 300.000 bagenewe iyi gahunda; bisobanuye ko dukeneye imashini ikora chapati miliyoni imwe buri munsi. Nayisabye Perezida.”

Inkuru Wasoma:  Koreya ya Ruguru yageragereje ibisasu bya misile hafi y’umupaka wa Koreya y’Epfo

 

Perezida Ruto yabwiye abanyeshuri ko Guverineri Sakaja ko yiteguye kugura iyi mashini, amuha umukoro wo kuyishaka. Ati “Nemeye kugura imashini ikora chapati. Guverineri, umukoro wawe ni ugushaka aho nayigura.”

 

Imashini ikora chapati miliyoni imwe ku munsi ifite agaciro k’amashilingi ya Kenya agera ku 150.000 (miliyoni 1,6 Frw).

 

Perezida Ruto yasezeranyije abanyeshuri imashini ikora chapati miliyoni

Perezida Dr. William Samoei Ruto wa Kenya yasezeranyije abanyeshuri biga mu mujyi wa Nairobi ko azabaha imashini ikora chapati miliyoni ku munsi.

 

Iri sezerano yaritanze ubwo we na Guverineri wa Nairobi, Johnson Sakaja, basuraga ishuri ryisumbuye ry’abakobwa rya St Teresa, kuri uyu wa 11 Werurwe 2025.

 

Guverineri Sakaja yamenyesheje Perezida Ruto ko abanyeshuri 300.000 b’i Nairobi bagaburirwa binyuze muri gahunda ya “Dishi na County”, amugezaho icyifuzo cy’iyi mashini.

 

Yagize ati “Abana barenga 300.000 bagenewe iyi gahunda; bisobanuye ko dukeneye imashini ikora chapati miliyoni imwe buri munsi. Nayisabye Perezida.”

Inkuru Wasoma:  Koreya ya Ruguru yageragereje ibisasu bya misile hafi y’umupaka wa Koreya y’Epfo

 

Perezida Ruto yabwiye abanyeshuri ko Guverineri Sakaja ko yiteguye kugura iyi mashini, amuha umukoro wo kuyishaka. Ati “Nemeye kugura imashini ikora chapati. Guverineri, umukoro wawe ni ugushaka aho nayigura.”

 

Imashini ikora chapati miliyoni imwe ku munsi ifite agaciro k’amashilingi ya Kenya agera ku 150.000 (miliyoni 1,6 Frw).

 

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!