Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, ararahirira inshingano ze kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025, mu muhango uzabera mu ibanga, hagamijwe kubungabunga umutekano w’igihugu.

 

Mu bihe bisanzwe, irahira ry’umukuru w’igihugu ryaberaga muri stade nini, rikitabirwa n’abantu ibihumbi. Ariko ubu si ko bimeze, kuko uyu muhango urabera ku ngoro y’umukuru w’igihugu, kandi abaturage ntibemerewe kuwitabira.

 

Abemerewe kwitabira ni abayobozi bakuru, abadipolomate, n’intumwa z’amahanga, mu gihe umutekano uzaba wakajijwe cyane kugira ngo hirindwe icyahungabanya uyu muhango.

 

Ibi byatangajwe na Televiziyo y’igihugu ku wa 2 Ugushyingo, nyuma y’imyigaragambyo yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025, aho abaturage batishimiye amatora y’umukuru w’igihugu.

 

Abo bigaragambyaga basabaga ko amatora asubirwamo, kuko bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, barimo Tundu Lissu wo mu ishyaka CHADEMA, batemerewe kwiyamamaza.

 

 

Ku wa 1 Ugushyingo, ishyaka CHADEMA ryatangaje ko abantu barenga 800 bari bamaze gupfira mu myigaragambyo, mu gihe ONU yavuze ko abapfuye bagera kuri 10.

Komisiyo y’amatora yatangaje ko Perezida Samia yatsinze ku majwi 97,66%, naho abakandida 16 basigaye bagabana amajwi atageze kuri 3%. Ibi byakuruye impaka n’amagambo akomeye ya CHADEMA yamaganye ibyavuye mu matora.

 

Kuva imyigaragambyo yatangira, internet yarahagaritswe, abantu bo muri Dar es Salaam basabwa kuguma mu ngo kuva nimugoroba kugeza mu gitondo, ndetse amashuri arafungwa. Kugeza ubu, ubuzima busanzwe ntiburagaruka.

 

Umutekano urakomeje gukazwa muri Tanzaniya, aho abashinzwe umutekano bagaragara bambaye imyenda ibahisha amasura, mu rwego rwo gukumira imyigaragambyo mishya.