Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yatangaje ko abishwe mu myigaragambyo yabaye nyuma y’amatora yo ku wa 29 Ukwakira 2025 bari bagambiriye guhirika ubutegetsi bwe, bityo ko inzego z’umutekano zakoresheje imbaraga zihwanye n’uko igihugu cyari gihanzweho.
Mu ijambo yagejeje ku baturage, Perezida Samia yavuze ko imyigaragambyo yabaye itari iy’amahoro nk’uko bamwe babivuga, ahubwo yari “imvururu zateguwe n’abishyuye urubyiruko ngo rugabe ibitero nyuma yo gutsindwa kw’amatora.”
Ati: “Iriya ntiyari imyigaragambyo, zari imvururu zateguwe n’abantu bagamije guhirika ubutegetsi bwacu. Guverinoma dufite inshingano zo kurinda igihugu cyacu, imipaka yacyo n’ituze ry’abaturage. Imbaraga zakoreshejwe zari zihwanye n’ibyabaye.”
Perezida Samia yanenze abavuga ko inzego z’umutekano zakoresheje imbaraga z’umurengera, avuga ko ibyo nta shingiro bifite.
Yakomeje ati: “Iyo tubwiwe ko twakoresheje imbaraga z’umurengera, izitari umurengera zagombaga kuba izihe? Twagombaga gutegereza ko abateguye guhirika ubutegetsi babigeraho?”
Samia Suluhu yavuze ko urubyiruko rwari rwigabije imihanda rutarangwaga n’urukundo rw’igihugu, ahubwo ko rwari rwayobejwe rukishora mu bikorwa bigamije guhungabanya umutekano.
Mu magambo yuzuyemo uburakari, Perezida Samia yanenze abatavuga rumwe na Leta, Sosiyete Sivile, abanyamadini ndetse n’ibihugu by’amahanga byamaganye uburyo inzego z’umutekano zakemuye iki kibazo.
Ati: “Abo banyamahanga muvuga ngo Tanzania ikwiye gukora ibi n’ibi, ni bande? Ese bibwira ko bakiri abakoresha bacu cyangwa abakoloni bacu? Kubera iki? Kubera udufaranga duke baduha?”
Ishyaka ritavuga rumwe na Leta, Chadema, rivuga ko mu myigaragambyo hashobora kuba hishwe abantu bagera ku 2,000; gusa Leta ya Tanzania ivuga ko iyo mibare ikabije kandi idafite ishingiro.
Perezida Samia yavuze ko u Rwanda rukwiye gukomeza kurinda umutekano w’igihugu no kubahiriza amahitamo y’abaturage, anashimangira ko ntaho demokarasi ya Tanzania iri gusubira inyuma nk’uko bamwe babivuga.
