Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyashyizwe mu 10 bya mbere bikomeye muri Afurika muri uyu mwaka wa 2026; nk’uko urutonde rwa Global Firepower 2026 rubyerekana.
Muri Afurika, urutonde rwa 2026 rwa GFP rugaragaza ibihugu 38 bifite igisirikare gikomeye hashingiwe ku bushobozi bwa gisirikare bukubiyemo umubare w’ingabo, ibikoresho bya gisirikare, ingengo y’imari, ubushobozi bwo gutanga ibikoresho, n’aho igihugu giherereye. Urutonde ruyobowe n’ibihugu bimaze igihe kinini byarashoye byinshi mu gisirikare, ari byo Misiri ya mbere ikurikiwe n’ibihugu bya Algérie, Nigeria, Afurika y’Epfo, Ethiopia, Maroc, Angola, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sudani na Tunisie.
Uru rutonde rugaragaza uburyo ibihugu bitandukanye byagiye bishora mu gisirikare no ku byago by’umutekano byagiye bihura nabyo mu karere kabyo.
Umwanya wa DRC mu Rutonde!
Mu isuzuma rya 2026, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) iri ku mwanya wa 8 muri Afurika ndetse n’uwa 64 ku Isi.
FARDC yagumye kuri uyu mwanya imazeho imyaka myinshi mu gihe ingabo zayo zimaze imyaka ine zikubitwa amava n’amajya n’inyeshyamba za AFC/M23 zayirukanye mu duce twinshi two mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
U Rwanda ntirugaragara kuri ruriya rutonde, cyo kimwe n’ibindi bihugu nk’u Burundi.
Isi muri 2026!
Ibihugu bifite igisirikare gikomeye ku Isi biyobowe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Uburusiya, u Bushinwa, U Buhinde na Koreya y’Epfo na none byari bitanu bya mbere mu mwaka ushize wa 2025.
Muri uyu mwaka u Bufaransa bwazamutse ku mwanya wa gatandatu, bugakurikirwa n’u Buyapani bwa karindwi, hakaza u Bwongereza, Türkiye n’u Butaliyani bwa 10.
U Budage ni ubwa 12 mu kugira igisirikare gikomeye, Israel ni iya 15, Iran ni iya 16, Ukraine ni iya 20 mu gihe Koreya ya Ruguru ari iya 31.