banner

RIB yataye muri yombi umushinjacyaha n’umukomisiyoneri bakekwaho ruswa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Mutatsineza Evanys wari Umushinjacyaha ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kamembe na Niyonshuti Ezechiel uzwi nka Mwalimu, wari Umukomisiyoneri.

 

Aba bagabo bombi bakekwaho ibyaha birimo kwakira ruswa, iyezandonke, no kudasobanura inkomoko y’umutungo.

Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, iperereza ryagaragaje ko aba bombi bakoranaga mu buryo bw’ibanga, aho bafashaga abashinjwaga ibyaha kugabanyirizwa ibihano cyangwa kurekurwa binyuze mu gutanga indonke.

 

Dr. Murangira yavuze ko gufatwa kw’aba bantu ari igice cy’ubukangurambaga bugamije kurwanya ruswa mu nzego z’ubutabera. Yashimiye abaturage bagize uruhare mu gutanga amakuru, anasaba Abanyarwanda gukomeza gufatanya na RIB mu kurwanya ruswa.

Inkuru Wasoma:  Atitaye kubamuca intege Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda

 

Aba bakekwa bafungiye kuri Sitasiyo za RIB mu gihe dosiye zabo zitegurwa ngo zishyikirizwe Ubushinjacyaha.

 

Itegeko riteganya ko umuntu uhamwe n’icyaha cyo kwakira ruswa mu rwego rw’ubutabera ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka irindwi na 10, ndetse n’ihazabu inshuro eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yakiriye.

RIB yataye muri yombi umushinjacyaha n’umukomisiyoneri bakekwaho ruswa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Mutatsineza Evanys wari Umushinjacyaha ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kamembe na Niyonshuti Ezechiel uzwi nka Mwalimu, wari Umukomisiyoneri.

 

Aba bagabo bombi bakekwaho ibyaha birimo kwakira ruswa, iyezandonke, no kudasobanura inkomoko y’umutungo.

Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, iperereza ryagaragaje ko aba bombi bakoranaga mu buryo bw’ibanga, aho bafashaga abashinjwaga ibyaha kugabanyirizwa ibihano cyangwa kurekurwa binyuze mu gutanga indonke.

 

Dr. Murangira yavuze ko gufatwa kw’aba bantu ari igice cy’ubukangurambaga bugamije kurwanya ruswa mu nzego z’ubutabera. Yashimiye abaturage bagize uruhare mu gutanga amakuru, anasaba Abanyarwanda gukomeza gufatanya na RIB mu kurwanya ruswa.

Inkuru Wasoma:  Atitaye kubamuca intege Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda

 

Aba bakekwa bafungiye kuri Sitasiyo za RIB mu gihe dosiye zabo zitegurwa ngo zishyikirizwe Ubushinjacyaha.

 

Itegeko riteganya ko umuntu uhamwe n’icyaha cyo kwakira ruswa mu rwego rw’ubutabera ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka irindwi na 10, ndetse n’ihazabu inshuro eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yakiriye.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!