Umujyi wa Kigali watangiye gukoresha ikoranabuhanga mu kugenzura imyubakire itujuje ibisabwa mu rwego rwo guca no kurwanya abubaka badakurikije igishushanyo mbonera.
Ni ibyatangajwe na Meya w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, wagaragaje ko igeragezwa ryatangijwe muri Mata 2025 riri gutanga umusaruro mu kwifashisha amashusho ya satellite hagenzurwa imyubakire.
Yerekanye ko guhera muri uko kwezi hamaze gutahurwa inzu zirenga 4800 zubatswe mu buryo budakurikije igishushanyo mbonera. Ubu hari gusuzumwa uko zubatswe kuko hari aho usanga bafite ibyangombwa byo kubaka bagakora ibinyuranye n’ibyo bemerewe n’abubaka nta byangombwa bafite.
Meya Dusengiyumva yagaragaje ko ubwo buryo buzafasha mu gukemura ibibazo bikomeje kugaragara mu myubakire.
Ati “Umujyi wa Kigali washyizeho uburyo budufasha kugira amakuru ku nzu nshya zubakwa, buri cyumweru Satellite iduha amafoto nibura abiri.”
“Iyo tumaze kubona inzu zubakwa turagenzura, inyubako tukayihuza na sisitemu itanga ibyangombwa tukaniyuhuza n’ubutaka iherereyemo bityo tukamenya ko iyo nyubako iri kuzamuka ifite ibyangombwa kandi iri gukurikiza amategeko agenga imyubakire.”
Yagaragaje ko ikigamijwe ari ugutanga igisubizo mu guteza imbere imyubakire ijyanye n’ibiteganywa mu gishushanyo mbonera cy’Umujyi.
Ati “Hari aho tubona abaturage bazamura inzu nta byangombwa kandi ahantu hatemewe, icyo gihe rero Satellite idufasha kubimenya, bityo ibyemezo bikaba byafatwa inzu itarazamurwa ngo usange yararangiye. Biradufasha kugabanya impaka nyinshi z’abubaka batujuje ibisabwa cyangwa n’abayobozi bamwe mu nzego z’ibanze bashobora kuba babikora mu buryo butari bwo.”
Umujyi wa Kigali ugaragaza ko muri buri Karere usanga ibyo bikorwa byibanda cyane mu mirenge iri kuzamura imiturire aho muri Gasabo byiganje mu Murenge wa Jabana na Bumbogo, Kicukiro ni muri Masaka mu gihe mu Karere ka Nyarugenge ari i Mageragere.
Dusengiyumva yashimangiye ko gukoresha ikoranabuhanga bizatuma habaho uburyo bwo gukorera mu mucyo no kurwanya ibyuho bya ruswa byakundaga kuboneka mu myubakire.
Ati “Umuturage nta mahitamo afite yo gutanga amafaranga ya ruswa. Ikoranabuhanga ntirirya ruswa, ntiryita k’uwo uri we, turizera ko rizagabanya ibi byuho bya ruswa byagaragaraga mu bayobozi b’inzego z’ibanze.”
Ibyo kandi bizajyana no kwihutisha itangwa ry’ibyangombwa by’ubwubatsi aho Umujyi wa Kigali uri gutegura uburyo bwo kugabanya iminsi bisaba nibura ntibijye birenza iminsi 10.
Ku bijyanye n’ahagaragara kubaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko cyane, abayobozi b’inzego z’ibanze bazajya babibazwa, banabihanirwe.