Guverinoma ya Sudani y’Epfo yashinje Visi Perezida w’igihugu, Riek Machar gutanga amabwiriza yo kugaba igitero ku kigo cya gisirikare cyaguyemo abarenga 250 barimo n’umusirikare ufite ipeti rya General.

 

 

Ni igitero cyagabwe hagati y’itariki 3 na 7 Werurwe 2025 n’umutwe witwaje intwaro witwa White Army kigabwa kigo cya gisirikare kiri mu gace ka Nasir mu Majyaruguru ashyira u Burasirazuba bwa Sudani y’Epfo.

 

Nubwo Sudani y’Epfo itavuga imibare mu buryo bweruye, bivugwa ko icyo gitero cyahitanye abarenga 250 barimo abasirikare n’abasivili bakoraga ibikorwa by’ubutabazi n’umukozi wa Loni wari mu ndege agiye gutabara.

 

Minisitiri w’Ubutabera wa Sudani y’Epfo, Joseph Geng Akech yashinje Riek Machar kuba ari we watanze amabwiriza ku barwanyi b’uwo mutwe ngo bagabe igitero ndetse ko bakomoka mu bwoko bumwe na we.

 

White Ary ni umutwe witwaje intwaro ugizwe n’urubyiruko rwo mu bwoko bwa Nuer ari na bwo Machar aturukamo.

Minisitiri Joseph yashinje Riek Machar icyaha cy’ubwicanyi, kugambanira igihugu ndetse n’ibyaba byibasiye inyokomuntu n’ibindi bitandukanye.

 

Yagize ati “Ibyo byaha [Visi Perezida ashinjwa] birenga ku masezerano y’i Genève n’amategeko mpuzamahanga y’ubutabazi, birimo gushinyagurira imirambo, guhohotera abasivili no kugaba ibitero ku bakozi batangaga imfashanyo.”

 

Nubwo Guverinoma ya Sudani y’Epfo yatangaje ibyo, Riek Machar ntiyigeze agezwa imbere y’ubutabera ahubwo kuva muri Werurwe uyu mwaka nyuma y’icyo gitero afungiwe iwe mu rugo kubera kutumvikana na Perezida Salva Kiir kuri icyo gitero n’ibindi bari basanzwe batavugaho rumwe ariko kiba nk’imbarutso.

 

Kugeza ubu Riek Machar nubwo afungiwe iwe ntibiremezwa niba azasimbuzwa ngo hashyirweho undi Visi Perezida kandi binabaye si Perezida Salva Kiir wagena umusimbura.

 

Amasezerano y’amahoro yasinywe mu 2018 ateganya ko ishyaka SPLM-IO Machar akomokamo ari ryo ritanga umusimbura ku mwanya wa Visi Perezida aho kugenwa na Perezida.