banner

Tanzania yemeje ko abasirikare bayo babiri baheruka kwicirwa muri RDC

Igisirikare cya Tanzania cyatangaje ko giheruka gupfusha abasirikare babiri abandi bane bagakomereka, mu ntambara iheruka guhuza Umutwe wa M23 n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe bifatanya irimo FDLR, Wazalendo, Ingabo z’Abacanshuro ndetse n’iza SADC.

 

Iki gisirikare cyatangaje ko ibyo byabereye mu ntambara yabaye hagati y’itariki 24 na 28 Mutarama 2025, mu bice bya Goma na Sake.

 

Itangazo rigira riti “Nyuma y’ibitero byinshi muri Sake na Goma uduce dufitwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23 ku wa 24 na 28 Mutarama 2025, Igisirikare cya Tanzania cyatakaje abasirikare babiri abandi bane barakomereka. Abakomeretse bari guhabwa ubuvuzi i Goma.”

 

Byatangajwe ko hari gutegurwa uburyo bwo gutwara imirambo y’abasirikare biciwe ku rugamba ngo bashyingurwe mu cyubahiro ndetse n’abakomeretse bakajya kuvurwa kandi ko bizakorwa mu bufatanye n’ubunyamabanga bwa SADC.

Rikomeza riti “Imana ihe abakomeretse gukira vuba kandi ituze aheza muri Paradizo roho z’abapfuye.”

 

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Tanzania kandi buvuga ko bumaze igihe bukora ubutumwa bwo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye binyuze mu Muryango w’Abibumbye cyangwa Umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo SADC.

Inkuru Wasoma:  Trump yahamije ko Amerika iri kuganira n’u Burusiya

 

Bwakomeje bugaragaza ko abasirikare b’icyo gihugu bagiye kugarura amahoro mu bihugu birimo Liban, Sudan, Centre Afrique, Liberia, Mozambique na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 

Bwerekanye ko kandi binyuze muri uko kugira uruhare mu bikorwa byo kugarura amahoro ari byo byatumye ingabo za Tanzania zijya mu Burasirazuba bwa RDC ahari ibibazo by’umutekano muke aho umutwe witwaje intwaro wa M23 uri kurwana n’ingabo za Leta, FARDC, mu butumwa bwa SAMIDRC.

 

Igisirikare cya Tanzania kandi cyagaragaje ko ingabo zacyo ziri muri RDC kuri ubu zitekanye kandi zizakomeza inshingano zazo bijyanye n’amabwiriza azatangwa n’ubuyobozi bwa SADC.

 

Abasirikare bari mu butumwa bwa SADC muri RDC buzwi nka SAMIDRC, hatangajwe ko hamaze gupfa abasirikare ba Afurika y’Epfo 14, na batatu bo muri Malawi.

 

Abo basirikare baguye mu mirwano ikomeye izo ngabo zahanganyemo na M23 ubwo yashakaga kwigarurira Umujyi wa Goma.

 

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, aherutse kuvuga ko abasirikare ba Afurika y’Epfo baguye muri RDC, bishwe n’igisirikare cy’icyo gihugu, FARDC.

Tanzania yemeje ko abasirikare bayo babiri baheruka kwicirwa muri RDC

Igisirikare cya Tanzania cyatangaje ko giheruka gupfusha abasirikare babiri abandi bane bagakomereka, mu ntambara iheruka guhuza Umutwe wa M23 n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe bifatanya irimo FDLR, Wazalendo, Ingabo z’Abacanshuro ndetse n’iza SADC.

 

Iki gisirikare cyatangaje ko ibyo byabereye mu ntambara yabaye hagati y’itariki 24 na 28 Mutarama 2025, mu bice bya Goma na Sake.

 

Itangazo rigira riti “Nyuma y’ibitero byinshi muri Sake na Goma uduce dufitwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23 ku wa 24 na 28 Mutarama 2025, Igisirikare cya Tanzania cyatakaje abasirikare babiri abandi bane barakomereka. Abakomeretse bari guhabwa ubuvuzi i Goma.”

 

Byatangajwe ko hari gutegurwa uburyo bwo gutwara imirambo y’abasirikare biciwe ku rugamba ngo bashyingurwe mu cyubahiro ndetse n’abakomeretse bakajya kuvurwa kandi ko bizakorwa mu bufatanye n’ubunyamabanga bwa SADC.

Rikomeza riti “Imana ihe abakomeretse gukira vuba kandi ituze aheza muri Paradizo roho z’abapfuye.”

 

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Tanzania kandi buvuga ko bumaze igihe bukora ubutumwa bwo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye binyuze mu Muryango w’Abibumbye cyangwa Umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo SADC.

Inkuru Wasoma:  Trump yahamije ko Amerika iri kuganira n’u Burusiya

 

Bwakomeje bugaragaza ko abasirikare b’icyo gihugu bagiye kugarura amahoro mu bihugu birimo Liban, Sudan, Centre Afrique, Liberia, Mozambique na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 

Bwerekanye ko kandi binyuze muri uko kugira uruhare mu bikorwa byo kugarura amahoro ari byo byatumye ingabo za Tanzania zijya mu Burasirazuba bwa RDC ahari ibibazo by’umutekano muke aho umutwe witwaje intwaro wa M23 uri kurwana n’ingabo za Leta, FARDC, mu butumwa bwa SAMIDRC.

 

Igisirikare cya Tanzania kandi cyagaragaje ko ingabo zacyo ziri muri RDC kuri ubu zitekanye kandi zizakomeza inshingano zazo bijyanye n’amabwiriza azatangwa n’ubuyobozi bwa SADC.

 

Abasirikare bari mu butumwa bwa SADC muri RDC buzwi nka SAMIDRC, hatangajwe ko hamaze gupfa abasirikare ba Afurika y’Epfo 14, na batatu bo muri Malawi.

 

Abo basirikare baguye mu mirwano ikomeye izo ngabo zahanganyemo na M23 ubwo yashakaga kwigarurira Umujyi wa Goma.

 

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, aherutse kuvuga ko abasirikare ba Afurika y’Epfo baguye muri RDC, bishwe n’igisirikare cy’icyo gihugu, FARDC.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: [email protected]

Izo twaguhitiyemo

©2021-2024 IMIRASIRE TV Ltd. All Right Reserved

error: Oops!