banner

Trump yagaruye icyizere ko Zelensky yiteguye ibiganiro by’amahoro

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko mugenzi we wa Ukraine, Zelensky, yashyize akemera ibiganiro by’amahoro bigamije guhagarika intambara n’u Burusiya.

 

Perezida Trump yatangarije ibi mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru muri White House ku wa 12 Werurwe 2025.

 

Yavuze ko mu biganiro byahuje Amerika na Ukraine muri Gashyantare, Perezida Zelensky atari yiteguye inzira y’amahoro ariko ubu Ukraine yiteguye ibiganiro by’amahoro ahubwo ko igisigaye ari Uburusiya bugomba kugira icyo bukora.

Inkuru Wasoma:  Angola igiye gutangiza ibiganiro hagati ya DR Congo na M23

 

Ati “Nari kumwe n’umuntu usa n’udashaka amahoro. Noneho yemeye amahoro. Tuzareba rero uko bigenda.”

Uyu mugabo kandi ubwo yabazwaga niba azotsa igitutu u Burusiya kugira ngo bwemere ihagarikwa ry’intambara, yasubije ko yumva atari ngombwa, ndetse ashimangira ko Amerika ifitanye umubano mwiza n’impande zombi.

 

Ibiganiro byabereye muri Arabia Saoudite hagati ya Amerika na Ukraine byasize impande zombi zemeranyije ko habaho agahenge k’iminsi 30 ariko u Burusiya ntibwagize icyo bubitangazaho.

Trump yagaruye icyizere ko Zelensky yiteguye ibiganiro by’amahoro

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko mugenzi we wa Ukraine, Zelensky, yashyize akemera ibiganiro by’amahoro bigamije guhagarika intambara n’u Burusiya.

 

Perezida Trump yatangarije ibi mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru muri White House ku wa 12 Werurwe 2025.

 

Yavuze ko mu biganiro byahuje Amerika na Ukraine muri Gashyantare, Perezida Zelensky atari yiteguye inzira y’amahoro ariko ubu Ukraine yiteguye ibiganiro by’amahoro ahubwo ko igisigaye ari Uburusiya bugomba kugira icyo bukora.

Inkuru Wasoma:  Angola igiye gutangiza ibiganiro hagati ya DR Congo na M23

 

Ati “Nari kumwe n’umuntu usa n’udashaka amahoro. Noneho yemeye amahoro. Tuzareba rero uko bigenda.”

Uyu mugabo kandi ubwo yabazwaga niba azotsa igitutu u Burusiya kugira ngo bwemere ihagarikwa ry’intambara, yasubije ko yumva atari ngombwa, ndetse ashimangira ko Amerika ifitanye umubano mwiza n’impande zombi.

 

Ibiganiro byabereye muri Arabia Saoudite hagati ya Amerika na Ukraine byasize impande zombi zemeranyije ko habaho agahenge k’iminsi 30 ariko u Burusiya ntibwagize icyo bubitangazaho.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!