banner

Trump yikomye abavuze ko intumwa ye yacunagujwe mbere yo guhura na Putin

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaganiye kure ibyatangajwe mu bitangazamakuru ko intumwa ye yihariye, Steve Witkoff, yari yangiwe guhura na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, igategereza igihe kinini.

 

Ibi yabigarutseho ku wa 15 Werurwe 2025, ubwo yabinyuzaga ku rubuga rwe rwa Truth Social, aho yagaragaje ko amakuru yose yatangajwe ari ibinyoma.

Ati “Bongeye gutangaza amakuru y’ibinyoma nk’uko basanzwe babikora rwose.”

 

Yakomeje avuga ko Witkoff atigeze ategereza igihe kingana n’amasaha umunani kugira ngo abashe guhura na Putin.

Ku wa 14 Werurwe, nibwo Sky News ikorera mu Bwongereza, yatangaje ko Witkoff yamaze igihe kinini hanze y’ibiro bya Perezida w’u Burusiya (Kremlin) yangiwe ko yinjira.

Inkuru Wasoma:  Ntituri mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro, turarwanira impamvu ifatika - Sultani Makenga

 

Iki kinyamakuru cyavuze ko “Witkoff byamusabye kumara amasaha arenga umunani kugira ngo abashe kwemererwa guhura na Putin muri Kremlin”.

Witkoff yageze i Moscow ku wa 13 Werurwe, agiye kuganira na Putin ku bijyanye n’ibyavuye mu biganiro byahuje Amerika na Ukraine muri Arabie Saoudite.

 

Putin aherutse gutangaza ko yakiriye neza ibyavuye muri iyi nama cyane cyane ibijyanye n’agahenge k’iminsi 30.

Trump yikomye abavuze ko intumwa ye yacunagujwe mbere yo guhura na Putin

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaganiye kure ibyatangajwe mu bitangazamakuru ko intumwa ye yihariye, Steve Witkoff, yari yangiwe guhura na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, igategereza igihe kinini.

 

Ibi yabigarutseho ku wa 15 Werurwe 2025, ubwo yabinyuzaga ku rubuga rwe rwa Truth Social, aho yagaragaje ko amakuru yose yatangajwe ari ibinyoma.

Ati “Bongeye gutangaza amakuru y’ibinyoma nk’uko basanzwe babikora rwose.”

 

Yakomeje avuga ko Witkoff atigeze ategereza igihe kingana n’amasaha umunani kugira ngo abashe guhura na Putin.

Ku wa 14 Werurwe, nibwo Sky News ikorera mu Bwongereza, yatangaje ko Witkoff yamaze igihe kinini hanze y’ibiro bya Perezida w’u Burusiya (Kremlin) yangiwe ko yinjira.

Inkuru Wasoma:  Ntituri mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro, turarwanira impamvu ifatika - Sultani Makenga

 

Iki kinyamakuru cyavuze ko “Witkoff byamusabye kumara amasaha arenga umunani kugira ngo abashe kwemererwa guhura na Putin muri Kremlin”.

Witkoff yageze i Moscow ku wa 13 Werurwe, agiye kuganira na Putin ku bijyanye n’ibyavuye mu biganiro byahuje Amerika na Ukraine muri Arabie Saoudite.

 

Putin aherutse gutangaza ko yakiriye neza ibyavuye muri iyi nama cyane cyane ibijyanye n’agahenge k’iminsi 30.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!