Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Mbere yongeye gutangaza ko yahagaritse intambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe imirwano ingabo z’iki gihugu zirwanamo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 yahinduye isura.

 

Trump mu ijambo rizwi nka ‘state of the union’ yagejeje ku Banyamerika, yavuze ko mu gihe gito amaze atangiye kuyobora kiriya gihugu yashoboye guhagarika intambara umunani zo hirya no hino ku Isi.

 

 

Ni intambara yavuze ko zirimo iya Israel na Hamas, Israel na Iran, Pakistani n’u Buhinde, iy’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thailand na Cambodge, Armenie na Azerbaijan, Misiri na Ethiopie n’iya Serbie na Kosovo.

 

 

Mu Ukuboza 2025 ni bwo Perezida Donald Trump yayoboye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati ya ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Congo.

 

 

Eka yaranafashije mu masezerano y’amahoro hagati ya RD Congo n’Urwanda rwagirizwa ko ari rwo rufatiye umuriro inyeshamba z’umuhari M23, mu masezerano azwi nk’amasezerano ya Washington.

 

 

Icyakora n’ubwo aya masezerano yari yitezweho gushyira iherezo ku ntambara Kinshasa irwanamo n’umutwe wa AFC/M23 byitwa ko ushyigikiwe n’u Rwanda, ku mirongo y’urugamba impande zombi ziracyarwana ndetse imirwano irasa n’iyamaze gufata indi ntera.

 

 

Ku wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare umuvugizi wa gisirikare wa AFC/M23, Lt. Col Willy Ngoma yiciwe mu gitero cya drone cyagabwe mu gace ka Rubaya, ndetse ingabo za Congo Kinshasa zigambye urupfu rwe binyuze mu itangazo ryashyize ku rubuga rwazo rwa X mbere yo kurisiba nyuma y’umwanya muto.

 

 

Nyuma y’urupfu rwa Willy Ngoma wishwe mu masaha y’urukerera, AFC/M23 biciye muri Lawrence Kanyuka usanzwe ari umuvugizi wayo yashinje ubutegetsi bwa Kinshasa “kugaba ibitero by’ubunyamaswa kandi bigambiriwe mu turere dutuwemo n’abantu benshi twa Kitendebwa, Kashihe na Kiduveri, muri teritware ya Kalehe”.

 

 

Ingabo za Kinshasa kandi zimaze iminsi zishinjwa kugaba ibitero bikomeye mu gice cy’imisozi miremire ya Uvira, Fizi na Mwenga, zifatanyije n’abarimo ingabo z’u Burundi, iza Tanzania, FDLR, Wazalendo ndetse n’abacanshuro b’abazungu.

 

 

Kugeza ubu n’ubwo ubuyobozi bwa AFC/M23 butaragira icyo buvuga ku rupfu rwa Lt. Col Ngoma ndetse n’ikigomba kurukurikira, abakurikiranira hafi intambara yo mu burasirazuba bwa RDC bavuga ko nyuma y’urupfu rw’uriya musirikare hashobora kuba imirwano yeruye mu rwego rwo kumuhorera.

 

 

Usibye kuba ingabo za Leta usibye kuba zikomeje gukaza ibitero bya drone kuri AFC/M23, amakuru avuga ko zanamaze kwitabaza Angola yamaze kohereza mu burasirazuba bwa Congo ingabo ndetse n’indege z’intambara.