Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryemereye inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 kwigarurira umujyi wa Uvira, nyuma yo gufata icyemezo cyo gusubira inyuma mu buryo bw’amayeri y’intambara.

 

Tshisekedi yabitangaje ku Cyumweru tariki ya 21 Ukuboza, mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu by’akarere yari yateguwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda.

 

Muri iyi nama, Perezida wa RDC yongeye kwibasira u Rwanda arushinja kwica amasezerano y’amahoro ibihugu byombi byasinyaniye i Washington DC ku wa 4 Ukuboza 2025.

 

Yavuze ko nyuma y’amasaha atageze 48 we na Perezida Paul Kagame bashyize umukono kuri ayo masezerano “umujyi wa Uvira wigaruriwe n’Ingabo z’u Rwanda na M23 ikoreshwa na zo”, ibyo yavuze ko binyuranyije n’agahenge kiyemejwe, amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye, ay’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ndetse n’umwanzuro 2773 w’akanama ka Loni k’amahoro n’umutekano ku Isi.

 

Tshisekedi yavuze ko Uvira yafashwe kubera ko Ingabo za Leta ya RDC zari zamaze gufata icyemezo cyo “gusubira inyuma mu buryo bw’amayeri”, mu rwego rwo gusubiza ikoreshwa ry’ “intwaro zica abantu bose nta kurobanura,” zirimo drone z’ubwiyahuzi za kamikaze, kugira ngo “hirindwe ko abaturage benshi bapfa.”

 

Yunzemo ko ayo mahitamo atari “ukugamburuzwa kwemera intege nke”.

 

Ku wa 9 Ukuboza ni bwo AFC/M23 yigaruriye Umujyi wa Uvira iwirukanyemo ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zirimo iza FARDC n’u Burundi; mbere yo gufata icyemezo cyo kuwuvanamo ku wa 17 Ukuboza.