U Rwanda rwamaze gufunga ambasade yarwo mu Bubiligi

Nyuma yo guhagarika umubano ushingiye kuri za ambasade n’u Bubiligi, byemejwe ku itariki ya 17 Werurwe 2025, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangaje ko Ambasade y’u Rwanda i Buruseli yafunze imiryango kandi itazongera gutanga serivisi yatangaga ku butaka bw’u Bubiligi.

 

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga rikomeza rivuga ko serivisi za ambasade zizatangwa na Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi, i La Haye (infothehague@minaffet.gov.rw | +31 70 392 65 71).

Inkuru Wasoma:  Umwicanyi Kazungu Denis agiye kujuririra igihano cy’igifungo cya burundu yakatiwe

 

Yongeyeho ko guhagarika umubano nta ngaruka n’imwe bizagira ku baturage b’Ababiligi baba mu Rwanda cyangwa bifuza gusura igihugu.

Kugenda mu bwisanzure kw’abagenzi nabakozi bizakomeza bisanzwe. Abenegihugu b’Ababiligi bazakomeza kubona viza bahageze, nta mafaranga ya viza mu minsi 30, hakurikijwe gahunda ya viza iriho.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Email: info@imirasiretv.com

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops! Paji uri gushakisha ntabwo ibashije kuboneka