banner

Uganda yemeje ko abapilote babiri baturutse i Kampala bashimutiwe muri Kivu y’Amajyepfo

Igisirikare cya Uganda cyatangaje ko hari abapilote babiri baturutse i Kampala baherutse gushimutwa n’abitwaje intwaro mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 

Aba bapilote bari basanzwe bakorera ikigo Ocean Heights Aviation Training Centre gitanga amahugurwa yo gutwara indege. Bari boherejwe muri Kivu y’Amajyepfo kuhavana abakozi ba Komite Mpuzamahanga y’umuryango Croix Rouge (ICRC) kugira ngo babajyane i Kampala.

 

Ikinyamakuru Daily Monitor cyatangaje ko aba bapilote bari bwataye indege ya Cessna Caravan bahagurutse ku kibuga cy’indege cya Entebbe i Kampala tariki ya 27 Werurwe 2025, berekeza mu burasirazuba bwa RDC, bahagera nijoro.

 

Ubwo bari hafi y’ikibuga cy’indege cya Kavumu, nk’uko cyakomeje kibisobanura, barashweho n’abitwaje intwaro bataramenyakana ariko iki gitero nticyababuza kugeza indege hasi. Ni bwo bashimuswe, bajyanwa ahantu hatazwi.

 

Byamenyekanye ko umwe mu bari muri iyi ndege yishwe n’ibikomere, abandi babiri bararokoka. Ababashimuse bahamagaye i Kampala, basaba kohererezwa amafaranga kugira ngo babarekure.

Inkuru Wasoma:  Canada: Imvura yiganjemo urubura yateje ibura ry’amashanyarazi, amashuri arafungwa

 

Umuvugizi w’agateganyo w’igisirikare cya Uganda, Colonel Chris Magezi, ku wa 31 Werurwe yabwiye abanyamakuru ko aba bapilote atari abasirikare nk’uko byatangajwe na bimwe mu binyamakuru, ahubwo ko ari abasivili.

 

Ati “Indege yakoreshwaga na ICRC kugira ngo ikure bamwe mu bantu bayo muri Bukavu. Bagiyeyo ariko bagera hasi ubwo ibintu byari byahindutse cyane. Amakuru avuga ko umwe mu bari mu ndege yarashwe, yicwa n’ibikomere, abapilote babiri barashimutwa. Aba ni abasivili.”

 

Col Magezi yatangaje ko Guverinoma ya Uganda, binyuze mu nzira za dipolomasi, iri gukurikirana iki kibazo kugira ngo gikemuke. Gusa ngo nta ruhare igisirikare kiri kubigiramo, keretse mu gihe cyaba kibisabwe.

Uganda yemeje ko abapilote babiri baturutse i Kampala bashimutiwe muri Kivu y’Amajyepfo

Igisirikare cya Uganda cyatangaje ko hari abapilote babiri baturutse i Kampala baherutse gushimutwa n’abitwaje intwaro mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 

Aba bapilote bari basanzwe bakorera ikigo Ocean Heights Aviation Training Centre gitanga amahugurwa yo gutwara indege. Bari boherejwe muri Kivu y’Amajyepfo kuhavana abakozi ba Komite Mpuzamahanga y’umuryango Croix Rouge (ICRC) kugira ngo babajyane i Kampala.

 

Ikinyamakuru Daily Monitor cyatangaje ko aba bapilote bari bwataye indege ya Cessna Caravan bahagurutse ku kibuga cy’indege cya Entebbe i Kampala tariki ya 27 Werurwe 2025, berekeza mu burasirazuba bwa RDC, bahagera nijoro.

 

Ubwo bari hafi y’ikibuga cy’indege cya Kavumu, nk’uko cyakomeje kibisobanura, barashweho n’abitwaje intwaro bataramenyakana ariko iki gitero nticyababuza kugeza indege hasi. Ni bwo bashimuswe, bajyanwa ahantu hatazwi.

 

Byamenyekanye ko umwe mu bari muri iyi ndege yishwe n’ibikomere, abandi babiri bararokoka. Ababashimuse bahamagaye i Kampala, basaba kohererezwa amafaranga kugira ngo babarekure.

Inkuru Wasoma:  Canada: Imvura yiganjemo urubura yateje ibura ry’amashanyarazi, amashuri arafungwa

 

Umuvugizi w’agateganyo w’igisirikare cya Uganda, Colonel Chris Magezi, ku wa 31 Werurwe yabwiye abanyamakuru ko aba bapilote atari abasirikare nk’uko byatangajwe na bimwe mu binyamakuru, ahubwo ko ari abasivili.

 

Ati “Indege yakoreshwaga na ICRC kugira ngo ikure bamwe mu bantu bayo muri Bukavu. Bagiyeyo ariko bagera hasi ubwo ibintu byari byahindutse cyane. Amakuru avuga ko umwe mu bari mu ndege yarashwe, yicwa n’ibikomere, abapilote babiri barashimutwa. Aba ni abasivili.”

 

Col Magezi yatangaje ko Guverinoma ya Uganda, binyuze mu nzira za dipolomasi, iri gukurikirana iki kibazo kugira ngo gikemuke. Gusa ngo nta ruhare igisirikare kiri kubigiramo, keretse mu gihe cyaba kibisabwe.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!