Umuyobozi w’ibiro bya Général Franck Ntumba Buamunda ushinzwe ibikorwa bya gisirikare mu ngoro ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Marcel Kabeya, arafunzwe.
Ifungwa rya Kabeya ryakurikiye irya Gen Ntumba wafashwe n’abashinzwe ipereza ku mugoroba wo ku wa 17 Nyakanga 2025, bamukekaho gushaka kugirira nabi Umukuru w’Igihugu.
Amakuru y’ifungwa rya Gen Ntumba na Kabeya yemejwe n’abashinzwe umutekano batandukanye, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Jeune Afrique cyavuganye na bo.
Mbere y’uko uyu musirikare afatwa, yari yatumijweho na Perezida Tshisekedi ku biro by’Umukuru w’Igihugu ku mugoroba, kugira ngo baganire.
Bivugwa ko Gen Ntumba ari mu bantu b’ingenzi bari bafite umugambi wo gukura Tshisekedi ku butegetsi. Uyu mugambi uvugwamo abandi barimo Gen Christian Tshiwewe na we ufunzwe kuva mu cyumweru gishize.
Ubwo Tshisekedi yari mu ruzinduko rw’akazi mu Budage muri Gashyantare, hari Abanyamerika bamuburiye ko ashobora gukurwa ku butegetsi.
Amakuru Tshisekedi yahawe asa n’andi yahawe n’umushoramari w’Umunyamerika ufite ubwenegihugu bwa Israel, Moti Kahana, muri Mutarama ubwo bahuriraga i Davos mu Busuwisi, mu nama y’ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu.
Ibiro ntaramakuru Reuters mu cyumweru gishize byatangaje ko ku rutonde Kahana yahaye Tshisekedi rw’abafite umugambi wo kumukura ku butegetsi harimo Gen Ntumba.
Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi bwa RDC, Augustin Kabuya, tariki ya 15 Nyakanga yahishuye ko Gen Tshiwewe ubwo yahatwaga ibibazo n’abashinzwe iperereza, we atigeze ahakana umugambi wo gushaka kwica Tshisekedi.
Gen Ntumba yabaye umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’igisirikare mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu kuva muri Nyakanga 2020. Icyo gihe yasimbuye Lt Gen Jean-Claude Yav Kabeya.
Gen Ntumba ni umwe mu basirikare bafite ijambo rikomeye ku butegetsi bwa Tshisekedi. Yagize uruhare mu biganiro byo kugurira RDC intwaro zigezweho ndetse no kwinjiza abacancuro muri iki gihugu, kugira ngo barwanye ihuriro AFC/M23.