banner

Umubiri wa Jean Lambert Gatare wagejejwe mu Rwanda

Umubiri wa Jean Lambert Gatare uherutse kwitaba Imana aguye mu Buhinde, wagejejwe mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Werurwe 2025, wakirwa n’abo mu muryango we mbere y’uko ujyanwa mu buruhukiro.

 

Jean Lambert Gatare wamamaye mu itangazamakuru ry’u Rwanda yitabye Imana ku wa wa Gatandatu tariki 22 Werurwe 2025.

Jean Lambert Gatare yapfiriye mu Buhinde aho yari yagiye kwivuriza uburwayi yari amaranye igihe.

 

Gatare ni umwe mu banyamakuru bakunzwe cyane mu Rwanda, by’umwihariko mu bijyanye n’imikino ndetse no kwamamaza.

Yatangiye gukora kuri Radio Rwanda mu 1995, mu 2011 yerekeza ku Isango Star. Mu 2020 nibwo yagizwe umuyobozi w’agateganyo w’ikinyamakuru Rushyashya.

Inkuru Wasoma:  AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo bakiri mu mujyi wa Walikale

 

Uretse kuba umunyamakuru w’imikino ukomeye, Jean Lambert Gatare yanabaye umukunzi wa Rayon Sports ndetse mu bihe bitandukanye yagiye atorerwa kwinjira muri komite zinyuranye zagiye ziyobora iyi kipe ikundwa na benshi.

 

Mbere yo gusohora umubiri wa Jean Lambert Gatare, babanje kumusengera isengesho rito

Ubwo umubiri wa Jean Lambert Gatare wasohorwaga mu kibuga cy’indege cya Kigali

Imodoka yatwaye umubiri wa Jean Lambert Gatare

Umubiri wa Jean Lambert Gatare wagejejwe mu Rwanda

Umubiri wa Jean Lambert Gatare uherutse kwitaba Imana aguye mu Buhinde, wagejejwe mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Werurwe 2025, wakirwa n’abo mu muryango we mbere y’uko ujyanwa mu buruhukiro.

 

Jean Lambert Gatare wamamaye mu itangazamakuru ry’u Rwanda yitabye Imana ku wa wa Gatandatu tariki 22 Werurwe 2025.

Jean Lambert Gatare yapfiriye mu Buhinde aho yari yagiye kwivuriza uburwayi yari amaranye igihe.

 

Gatare ni umwe mu banyamakuru bakunzwe cyane mu Rwanda, by’umwihariko mu bijyanye n’imikino ndetse no kwamamaza.

Yatangiye gukora kuri Radio Rwanda mu 1995, mu 2011 yerekeza ku Isango Star. Mu 2020 nibwo yagizwe umuyobozi w’agateganyo w’ikinyamakuru Rushyashya.

Inkuru Wasoma:  AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo bakiri mu mujyi wa Walikale

 

Uretse kuba umunyamakuru w’imikino ukomeye, Jean Lambert Gatare yanabaye umukunzi wa Rayon Sports ndetse mu bihe bitandukanye yagiye atorerwa kwinjira muri komite zinyuranye zagiye ziyobora iyi kipe ikundwa na benshi.

 

Mbere yo gusohora umubiri wa Jean Lambert Gatare, babanje kumusengera isengesho rito

Ubwo umubiri wa Jean Lambert Gatare wasohorwaga mu kibuga cy’indege cya Kigali

Imodoka yatwaye umubiri wa Jean Lambert Gatare

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!