Kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kanama 2024, umugabo witwa Jumaisi Collins wo gihugu cya Kenya, yatorotse kasho ya Polisi iri i Nairobi mu Murwa Mukuru, nyuma y’uko atawe muri yombi akekwaho kwica abagore bagera kuri 42 barimo n’uwe, akajugunya imirambo yabo muri kariyeri ishaje.  https://imirasiretv.com/polisi-yataye-muri-yombi-umugabo-ukekwaho-kwica-abagore-42-abatemaguye-akabahambira-mu-mifuka-akabajugunya/

 

Uyu mugabo yatawe muri yombi mu kwezi gushize, nyuma y’uko inzego zirimo na polisi zasanze imirambo igera kuri itandatu muri kariyeri ya Kware, isigaye ikoreshwa nk’ikimoteri cy’imyanda. Icyo gihe polisi yatangaje ko nyuma yo gusanga imirambo ipfunyitse mu mashashi ya pulasitike, uriya mugabo yahise atabwa muri yombi ari nako iperereza ryahise ritangira.

 

Umuvugizi wa Polisi, Onyango Resila, yatangaje ko yatorotse stasion ya polisi ya Gigiri ari kumwe n’abenegihugu 12 ba Eritrea. Yakomeje avuga ko Jamaisi yemeye ko yishe abagore 42, ariko umwunganizi we yabwiye Urukiko ko umukiriya we yakorewe iyicarubozo kugira ngo yemere, gusa Abashinjacyaha bahakana ibyo gufatwa nabi. https://imirasiretv.com/polisi-iri-mu-mazi-abira-izira-igikorwa-yakoreye-umugabo-wiyemereye-ko-yishe-abagore-42-harimo-nuwo-bashakanye/

Inkuru yabanje: https://imirasiretv.com/polisi-yataye-muri-yombi-umugabo-ukekwaho-kwica-abagore-42-abatemaguye-akabahambira-mu-mifuka-akabajugunya/

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

©2021-2024 IMIRASIRE TV Ltd. All Right Reserved