banner

Umugore wo mu karere ka Nyanza birakekwa ko yapfuye azize inzoga nyinshi

Mu mudugudu wa Gahama, Akagari ka Nyamiyaga, Umurenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza, habaye inkuru ibabaje y’umugore witwa Nyiransabimana Anonciatha w’imyaka 51, wasanzwe yapfuye mu nzu yabagamo ku itariki ya 6 Gashyantare 2025.

 

Abaturanyi batangaje ko Nyiransabimana yari asanzwe abana n’abuzukuru be batatu. Umurambo we wabonwe bwa mbere n’abari bamucumbikiye, bababazwa n’urupfu rutunguranye rw’uyu mubyeyi.

 

Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko Nyiransabimana yari yatashye ku mugoroba wo ku wa 5 Gashyantare yasinze cyane, nyuma yo kuvugwa ko yari avuye mu kabari. Nyuma yo kumugeza mu rugo, bamusize aryamye, ariko bukeye bwaho basanga yapfuye.

Inkuru Wasoma:  Hagiye gutangazwa umwanzuro w'urukiko ku kirego cya Mironko wishyuza u Rwanda amafaranga yaguze intwaro mbere ya Jenoside

 

Umwe mu batanze amakuru yagize ati: “Nyakwigendera nta gikomere na kimwe cyagaragaraga ku mubiri we.”

 

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yemeje aya makuru ndetse atangaza ko iperereza ryahise ritangira kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu rw’uyu mugore.

 

Abaturanyi bashenguwe n’iyi nkuru, bakaba basabye inzego z’umutekano gukomeza gukora iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabaye.

Umugore wo mu karere ka Nyanza birakekwa ko yapfuye azize inzoga nyinshi

Mu mudugudu wa Gahama, Akagari ka Nyamiyaga, Umurenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza, habaye inkuru ibabaje y’umugore witwa Nyiransabimana Anonciatha w’imyaka 51, wasanzwe yapfuye mu nzu yabagamo ku itariki ya 6 Gashyantare 2025.

 

Abaturanyi batangaje ko Nyiransabimana yari asanzwe abana n’abuzukuru be batatu. Umurambo we wabonwe bwa mbere n’abari bamucumbikiye, bababazwa n’urupfu rutunguranye rw’uyu mubyeyi.

 

Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko Nyiransabimana yari yatashye ku mugoroba wo ku wa 5 Gashyantare yasinze cyane, nyuma yo kuvugwa ko yari avuye mu kabari. Nyuma yo kumugeza mu rugo, bamusize aryamye, ariko bukeye bwaho basanga yapfuye.

Inkuru Wasoma:  Hagiye gutangazwa umwanzuro w'urukiko ku kirego cya Mironko wishyuza u Rwanda amafaranga yaguze intwaro mbere ya Jenoside

 

Umwe mu batanze amakuru yagize ati: “Nyakwigendera nta gikomere na kimwe cyagaragaraga ku mubiri we.”

 

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yemeje aya makuru ndetse atangaza ko iperereza ryahise ritangira kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu rw’uyu mugore.

 

Abaturanyi bashenguwe n’iyi nkuru, bakaba basabye inzego z’umutekano gukomeza gukora iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabaye.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!