Umugore yaguye gitumo umugabo batandukanye ari kumwe n’inshoreke abateragura icyuma

Mu mudugudu wa Karukoranya B, akagari ka Kavumu, Umurenge wa Busasamana ho mu karere ka Nyanza, umugore wari waratandukanye n’umugabo we yasanze uwo mugabo aryamye n’inshoreke ye abateragura ibyuma mu bice bitandukanye by’umubiri.    Wa mubwirizabutumwa wavuze ko ari ingaragu mu rusengero agasaba umusore ufite iyerekwa kuritambutsa yavuze impamvu nyamukuru yabivuze

 

Umuseke dukesha iyi nkuru batangaje ko uyu mugabo wabyaranye n’uyu mugore bakibana, ariko baza gutandukana asanzwe akora akazi k’uburezi mu karere ka Gicumbi, mu gihe umugore we yari yaragiye I Kigali, gusa babanaga bitemewe n’amategeko.

 

Inkuru Wasoma:  Umubyeyi wa wa mwana w’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri avuze icyo atekereza ku rupfu rw’umwana we ubuyobozi busobanura ibyabaye

Umugore ubwo yari I Kigali nibwo yaje kumenya amakuru ko umugabo we aryamanye n’inshoreke, niko kuza abinjirana mu nzu basohotse mu cyumba abateragura icyuma bombi. Bizimana Egide umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Busasamana yatangaje ko uyu mugore yabateye icyuma ahantu hatandukanye, aho umwe yakimuteye mu gahanga undi ku kaboko.

 

Kuri ubu uyu mugore afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana, mu gihe umugabo n’inshoreke ye bakomeretse bajyanwe kwa muganga kuvuzwa. Ubuyobozi busaba abaturage kwihanira ahubwo bakegera ubuyobozi bakabafasha gukemura ibibazo mu kwirinda gukora ibihanirwa n’amategeko byatuma nyuma babihanirwa.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Email: info@imirasiretv.com

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops! Paji uri gushakisha ntabwo ibashije kuboneka