banner

Umugore yishe umugabo, igitsina n’umutima arabiteka arabirya

Mu gihugu cya Brazil, polisi yataye muri yombi umugore w’imyaka 65, witwa Josefa Lima de Sousa, nyuma yo kwemera ko yishe umugabo amuca igitsina n’igice cy’umutima, akabiteka mbere yo kubirya.

 

Uwitwa Celso Marques Ferreira, wari ufite imyaka 60, yabonetse yapfuye  mu mujyi wa Peruibe, ahantu hazwiho gukurura ba mukerarugendo ku nkengero z’inyanja, hafi y’umujyi wa São Paulo. Umubiri we wasanzwe wangijwe bikabije, aho yari yaciwe igitsina ndetse n’igice cy’umutima.

 

Polisi yatangaje ko hafi y’aho nyakwigendera yari aryamye habonetse urwandiko , rushinja Josefa Lima de Sousa, uzwi ku izina rya “Gringa”. Muri ako gace kandi hatoraguwe icyuma cyariho amaraso , bikekwa ko ari cyo cyakoreshejwe muri ubwo bugizi bwa nabi.

Habonetse urwandiko , rushinja Josefa Lima de Sousa

Mu iperereza ryakozwe, Josefa yemeye ko ari we wishe uwo mugabo, avuga ko yabitewe no kumenya ko yari umunyabyaha usambanya abana. Yagize ati ”naciye igitsina cye n’umutima, ndabiteka mbere yo kubirya”.

 

Polisi kandi ikomeje gukoraho iperereza Robson Aparecido de Oliveira, umugabo w’imyaka 41, bakeka ko ashobora kuba yarafashije Josefa muri ubwo bwicanyi, nubwo we ahakana uruhare rwe muri ubwo bwicanyi.

 

Kugeza ubu, Josefa aracyari mu maboko ya polisi, aho iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane icyatumye akora ubwo bwicanyi ndengakamere.

Umugore yishe umugabo, igitsina n’umutima arabiteka arabirya

Mu gihugu cya Brazil, polisi yataye muri yombi umugore w’imyaka 65, witwa Josefa Lima de Sousa, nyuma yo kwemera ko yishe umugabo amuca igitsina n’igice cy’umutima, akabiteka mbere yo kubirya.

 

Uwitwa Celso Marques Ferreira, wari ufite imyaka 60, yabonetse yapfuye  mu mujyi wa Peruibe, ahantu hazwiho gukurura ba mukerarugendo ku nkengero z’inyanja, hafi y’umujyi wa São Paulo. Umubiri we wasanzwe wangijwe bikabije, aho yari yaciwe igitsina ndetse n’igice cy’umutima.

 

Polisi yatangaje ko hafi y’aho nyakwigendera yari aryamye habonetse urwandiko , rushinja Josefa Lima de Sousa, uzwi ku izina rya “Gringa”. Muri ako gace kandi hatoraguwe icyuma cyariho amaraso , bikekwa ko ari cyo cyakoreshejwe muri ubwo bugizi bwa nabi.

Habonetse urwandiko , rushinja Josefa Lima de Sousa

Mu iperereza ryakozwe, Josefa yemeye ko ari we wishe uwo mugabo, avuga ko yabitewe no kumenya ko yari umunyabyaha usambanya abana. Yagize ati ”naciye igitsina cye n’umutima, ndabiteka mbere yo kubirya”.

 

Polisi kandi ikomeje gukoraho iperereza Robson Aparecido de Oliveira, umugabo w’imyaka 41, bakeka ko ashobora kuba yarafashije Josefa muri ubwo bwicanyi, nubwo we ahakana uruhare rwe muri ubwo bwicanyi.

 

Kugeza ubu, Josefa aracyari mu maboko ya polisi, aho iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane icyatumye akora ubwo bwicanyi ndengakamere.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!