Austin Luwano ni umuhanzi, umunyamakuru akaba na rwiyemezamirimo wamenyekanye cyane mu gihugu cy’u Rwanda nka Uncle Austin, akaba yaramenyekanye kubera indirimbo ze ndetse n’ibiganiro yakoreye kubitangazamakuru bikomeye harimo Radio 10 na Kiss FM.

 

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yatangaje ko afite resitora kandi ifunguye ndetse anarenzaho numero wahamagara cyangwa se ukandikira igihe ushaka service z’iyo restora, ariko habonekamo uwamusubije ameze nk’aho ari kumunenga mu miririmbire ye bitandukanye n’ibyo Austin yari avuzeho.

 

Uyu witwa Tity yahise asubiza Austin ati “niba uteka nk’uko uririmba ntukimbonye”, gusa ubu butumwa Austin yabufashe nk’aho uyu mugabo amunenze ku miririmbire ye, uretse ko nawe yamusubije mu mvugo yiyoroheje amubwira ko ari kumusengera kubera ibyo ashobora kuba arimo gucamo.

 

Austin yagize ati “ nkwifurije gukira ibyo urimo gucamo byose kuko ndi kugusengera.” gusa uretse uyu wamusubije gutya, abandi bose bamushimiye service batanga ndetse abandi bamubaza aho akorera. Uncle Austin ni umuhanzi nyarwanda ufite indirimbo zakunzwe ariko nanone akaba afite n’izitarakunzwe bigendeye ku bitekerezo bimwe na bimwe abantu bagenda bazitangaho.

Mu buryo butunguranye dore uko Mukansanga Salima wahohotewe n’abamututse ku kibuga agiye gushakirwa ubutabera.