Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yemeje ko umusirikare w’u Bufaransa yiciwe mu gitero cya ‘drone’ cyagabwe ka Erbil muri Iraq, na ho abandi benshi barakomereka.

 

Aya makuru yemejwe na Perezida Emmanuel Macron, mu butumwa yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze.

Macron yavuze ko Adjudant-chef Arnaud Frion ari we musirikare wa u Bufaransa butakaje kuva intambara hagati ya Iran n’ibihugu bihanganye na yo yatangira mu mpera z’ukwezi gushize.

 

Yunzemo ati: “Ku muryango we, ku basirikare bagenzi be, ndashaka kubabwira ko igihugu cyifatanyije namwe mu kababaro”.

 

 

Yongeyeho ko “bandi basirikare bacu benshi bakomeretse. Ubufaransa buri kumwe na bo n’ababo”.

Macron yamaganye ibitero ingabo z’u Bufaransa ziri muri Iraq aho zoherejwe kurwanya umutwe wa Islamic State mu karere ziri kugabwaho, avuga ko bitakwihanganirwa.

Yavuze ko ingabo z’igihugu cye ziri muri Iraq kurwanya iterabwoba, bityo ko iIntambara muri Iran ntabwo ikwiye gusobanura ibi bitero” kuri zo.

U Bufaransa buvuga ko butari mu ntambara Amerika na Israel birimo kurwana na Iran.