Umusore w’imyaka 22 wo mu Karere ka Karongi yitabye Imana nyuma yo gukubitwa ikintu mu mutwe bikozwe na mugenzi we bakoranaga ubucukuzi butemewe bapfuye telefone.

 

Uru rugomo rwabereye mu kabari ko mu Mudugudu wa Ndago, Akagari ka Muhororo, Umurenge wa Murambi ku wa 12 Gicurasi 2025.

Ubwo bari muri ako kabari, umusore w’imyaka 32 yashyamiranye na mugenzi we wamushinjaga ko yamwibiye telephone.

 

Nyuma yo kuva mu kabari abasore babiri bagenze runono nyakwigendera ageze hafi y’iwabo bamukubita ikintu mu mutwe.

Abaturanyi bahise bahurura, uwakubiswe ajyanwa mu Bitaro bya Kilinda, na byo bimwohereza mu Bitaro bya CHUK ari na ho yaguye ku wa 13 Gicurasi 2025.

 

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murambi, Kuzabaganwa Vedaste yavuze ko mu gitondo cyo ku wa 14 Gicurasi ahagana saa kumi z’igitondo ari bwo bamenye ko uwakubiswe yapfuye.

 

Ati “Turihanganisha umuryango wa nyakwigendera, ikindi ni ukwibutsa abaturage ko gukora ubucukuzi nta byangombwa bitemewe, icya gatatu ni ugukangurira abaturage kwirinda urugomo abagize icyo batumvikanaho bakagana ubuyobozi tukabafasha kugikemura bitabaye ngombwa ko yihanira”.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.