Urwego rw’ubutabera rwungutse abagenzacyaha 133 bashya

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rwungutse abagenzacyaha bashya 133. Abo bagenzacyaha bari bamaze amezi 7 bahugurirwa mu ishuri rikuru rya polisi y’u Rwanda riherereye mu karere ka Musanze.

 

Mu masomo y’ibanze bahawe, harimo ajyanye no kugenza ibyaha habungabungwa ibimenyetso kugira ngo hatangwe ubutabera bunoze. Abo bagenzacyaha bashya bagiye gushyikirizwa impamyabushobozi zibemerera guhita batangira akazi.

Inkuru Wasoma:  Gahunda ya Leta y’u Rwanda yiswe kane gukuba kane urayizi?

 

Uyu muhango wo gusoza amahugurwa y’ibanze y’ubugenzacyaha (Basic Criminal Investigation Course) witabiriwe na minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa ya Leta Emmanuel Ugirashebuja hamwe n’umunyamabanga mukuru wa RIB, Jeannot Ruhunga.

 

Abitabiriye aya mahugurwa y’ibanze harimo 100 baturutse mu rwego rw’ubugenzacyaha RIB, polisi y’u Rwanda, Ingabo z’igihugu n’urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza n’umutekano by’igihugu. SRC: RBA

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Email: info@imirasiretv.com

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops! Paji uri gushakisha ntabwo ibashije kuboneka