banner

Uwase Natasha wamenyekanye muri Ambassadors of Christ Choir agiye kurushinga

Uwase Natasha wamenyekanye muri Ambassadors Of Christ Choir, iri mu zikomeye zikorera umurimo w’Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi mu Rwanda agiye kurushinga.

 

Uyu mukobwa yashyize hanze integuza y’ubukwe bwe n’umusore witwa Promise. Ni integuza igaragaza ko afite ubukwe ku wa 18 Gicurasi 2025. Arangije ayiherekesha amagambo yanditse muri Bibiliya Yera mu ‘2 abakorinto 5:9-11’.

 

Aya magambo agira ati “ Ni cyo gituma tugira umwete wo kumunezeza, iyo turi iwacu mu mubiri cyangwa tudahari. Kuko twese dukwiriye kuzagaragarizwa imbere y’intebe y’imanza ya Kristo, kugira ngo umuntu wese ahabwe ibikwiriye ibyo yakoze akiri mu mubiri, ari ibyiza cyangwa ibibi.”

Inkuru Wasoma:  Pasiteri Mutesi yasubije abavuze ko urugo rwa 5 agiyemo rutazaramba na rwo

 

“Nuko iyo nemeza abantu, mbikoreshwa n’uko nzi igitinyiro cy’Uwiteka. Uko ndi ni ko bigaragarira Imana, kandi niringira yuko ari ko namwe bigaragarira imitima yanyu.”

 

Natasha Uwase ni umwe mu baririmbyi bari bamaze kugwizaho igikundiro muri ‘Ambassadors Of Christ Choir’. Uyu mukobwa yagiye agaragara atera indirimbo zitandukanye zamamaye z’iyi korali iri mu zifite izina rikomeye mu Rwanda no hanze yarwo.

 

Yagaragaye atera indirimbo z’iyi korali zirimo ‘‘Mbese Yesu Anyitaho”, “Yandihiriye’’ n’izindi zitandukanye.

Yari aherutse kwinjira mu muziki ku giti cye ndetse ashyira hanze indirimbo yise “Azakomeza Kukuba Hafi” nyuma y’izindi yari amaze iminsi agaragaramo aririmbana n’abavandimwe be.

Uwase Natasha wamenyekanye muri Ambassadors of Christ Choir agiye kurushinga

Uwase Natasha wamenyekanye muri Ambassadors Of Christ Choir, iri mu zikomeye zikorera umurimo w’Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi mu Rwanda agiye kurushinga.

 

Uyu mukobwa yashyize hanze integuza y’ubukwe bwe n’umusore witwa Promise. Ni integuza igaragaza ko afite ubukwe ku wa 18 Gicurasi 2025. Arangije ayiherekesha amagambo yanditse muri Bibiliya Yera mu ‘2 abakorinto 5:9-11’.

 

Aya magambo agira ati “ Ni cyo gituma tugira umwete wo kumunezeza, iyo turi iwacu mu mubiri cyangwa tudahari. Kuko twese dukwiriye kuzagaragarizwa imbere y’intebe y’imanza ya Kristo, kugira ngo umuntu wese ahabwe ibikwiriye ibyo yakoze akiri mu mubiri, ari ibyiza cyangwa ibibi.”

Inkuru Wasoma:  Pasiteri Mutesi yasubije abavuze ko urugo rwa 5 agiyemo rutazaramba na rwo

 

“Nuko iyo nemeza abantu, mbikoreshwa n’uko nzi igitinyiro cy’Uwiteka. Uko ndi ni ko bigaragarira Imana, kandi niringira yuko ari ko namwe bigaragarira imitima yanyu.”

 

Natasha Uwase ni umwe mu baririmbyi bari bamaze kugwizaho igikundiro muri ‘Ambassadors Of Christ Choir’. Uyu mukobwa yagiye agaragara atera indirimbo zitandukanye zamamaye z’iyi korali iri mu zifite izina rikomeye mu Rwanda no hanze yarwo.

 

Yagaragaye atera indirimbo z’iyi korali zirimo ‘‘Mbese Yesu Anyitaho”, “Yandihiriye’’ n’izindi zitandukanye.

Yari aherutse kwinjira mu muziki ku giti cye ndetse ashyira hanze indirimbo yise “Azakomeza Kukuba Hafi” nyuma y’izindi yari amaze iminsi agaragaramo aririmbana n’abavandimwe be.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: [email protected]

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!